Mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Kanama 2026 nibwo mu Mudugudu wa Kinyoni mu Kagari ka Gati, mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza habonetse umurambo w’umugabo witwa Musonera Abraham w’imyaka 56.
Ababonye umurambo wa nyakwigendera bemeje ko wari ufite ibikomere byinshi ku mubiri bigaragara ko yishwe.
Inzego zitandukanye zirimo Polisi, RIB, DASSO n’inzego z’ibanze bagezeyo hamenyekana ko mu gicuku cyo ku wa 15 Kanama 2026 hari umukecuru w’imyaka 83 wibwe ihene esheshatu n’abajura batahise bamenyekana.
Amakuru avuga ko inzu ihene zabagamo hari harayemo umushumba wazo w’imyaka 18 watabaje abajura bamaze kuziba, abaturage batabaye, babura abibye ihene, ahubwo bahura na nyakwigendera wari uri mu nzira agenda, baramukubita kugeza apfuye umurambo bawusiga mu muhanda.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko amakuru polisi yayamenye yihutira kujyayo, isanga hari umurambo w’umugabo wakomeretse ari ku muhanda.
Ati “Polisi yafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, aho bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muyira ubugenzacyaha bwatangiye kubakurikirana"
Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Nyanza ngo ukorerwe isuzuma.
Polisi yasabye abaturage kwirinda urugomo n’ibyaha muri rusange kuko uzabigaragaramo, Polisi itazajya imwihanganira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!