Ni nyuma y’aho mu ijoro ryo ku wa 6 Gicurasi 2025 bikekwa ko ari bo bagiye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cya Sosiyete yitwa Almaha Mining kiri mu Kagari ka Gahunga, Umudugudu wa Gatare bakomeretsa abantu umunani, biba amafaranga ndetse bangiza ibikoresho, baniba amabuye y’agaciro.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko abafashwe ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana.
Ati “Bakekwaho ko mu ijoro ryo ku itariki ya 6 Gicurasi bakomerekeje abantu umunani, biba amabuye y’agaciro ya coltan, amafaranga ndetse banangiza n’ibikoresho.”
SP Habiyaremye, yakomeje avuga ko kandi bakekwaho gucukura no kugurisha amabuye y’agaciro bidakurikije amategeko aho banafatanywe moto ebyiri bakoreshaga mu kuyatwara, na zo zikaba zifungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi, mu gihe iperereza rigikomeje.
Yaboneyeho kwibutsa abantu ko Polisi iburira umuntu wese watekereza nabi akijandika mu gukora ibyaha nk’ibi cyangwa se ibindi, kubireka ahubwo agafatanya n’abandi gukora imirimo yemewe kuko ubigerageza wese bitamugwa amahoro.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!