00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamirambo: Polisi yasatse inzu z’indaya ishakamo Mudasobwa ifatiramo urumogi

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 19 February 2015 saa 07:58
Yasuwe :

Mu mudugudu w’Intwari uherereye mu Kagari ka Rwezamenyo ya I mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge Polisi ya Nyamirambo yahakoze umukwabo ugamije gufata ibintu byibwa bigahishwa mu mazu acumbitsemo abakobwa bakora uburaya.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda ikorera i Nyamirambo yakoze umukwabo mu Mudugudu w’Intwari ahitwa i Matimba, aho yashakishaga ibyibano byaba bihishe mu nzu zicumbitsemo indaya, cyane ko zikekwa gukorana bya hafi n’abajura ndetse na zo zikabamo izibukora.

Polisi yaje ishaka mudasobwa irazibura ahubwo ihafatira urumogi

Umwe mu barimo basaka, yabwiye IGIHE ko impamvu bakoze uyu mukwabo ari uko hari amakuru bari bafite avuga ko hari umujura ujya wiba za mudasobwa maze akazihisha mu nzu icumbitsemo indaya bacuditse.

Ubwo Polisi yageraga muri aka gace gatuwemo n’indaya nyinshi n’abacuruza ibiyobyabwenge birimo urumogi n’izindi nzoga zitemewe, yabanje gusaka muri iyo yacyekwaga kuba ari yo ihishwemo izo mudasobwa, ariko irazibura, isaka rikomereza mu yindi nzu na yo ikekwa ko yaba ijya izihishwamo.

Polisi ijyanye indaya yafatanywe urumogi

Uko Polisi yasatse mu nzu ya mbere ni na ko yabigenje muri iyo nzu ya kabiri, ariko na ho irazibura, ahubwo igwa ku gapfunyika k’urumogi rwari ruhishe mu bipapuro.

Polisi nyuma yo kubura ibyo yashakaga, yahise ita muri yombi iyi ndaya ituye muri iyo nzu yasanzwemo urumogi ndetse bahita banajyana ahandi hantu yagaragaje ko ari ho icyeka ko uwo mugabo ashobora kuba ajya ahishamo ibyo yibye.

Nyinshi mu ndaya zikoresha ibiyobyabwenge nk'urumogi n'ibindi

Matimba ni agace kavugwamo ibiyobyabwenge byinshi n’indaya ndetse n’ubujura bukorwa n’indaya zifatanyije n’abajura, dore ko indaya nyinshi zihatuye ziba zifite inshuti z’abajura aho usanga biba bakabibika aho ziba.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages