00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamirambo: Ishuri ry’abayisilamu ryibutse Jenoside

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 27 May 2018 saa 08:45
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’abanyeshuri bize ku ishuri ribanza ry’Intwari riherereye mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge ryibutse ku nshuro ya 24 abarimu 12 n’abanyeshuri 89 muri icyo kigo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku wa 24 Gicurasi 2018, hakozwe urugendo rwo kwibuka inzira y’umusaraba abishwe banyuzemo bava ku ishuri ry’Intwari ahaherereye Sitasiyo ya Polisi ya Nyamirambo bagera ku musigiti wa ONATRACOM bongera basubirayo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaac, yasabye ibigo by’amashuri yose gufata urugero rwiza ku banyeshuri bize ku ntwarii bamaze imyaka irindwi bategura uyum uhango wo kwibuka.

Yagize ati “ Igikorwa cyo kwibuka ni igikorwa gikomeye ku buryo ari na gahunda twashyizemo imbaraga kandi tunifuza ko mu mashuri yose ikomeza ikarushaho kunganira amasomo duha abana kuko abana bagomba kumenya amateka yacu bakanamenya ibibi twayavanyemo, ariko binadufasha no kuvanamo amasomo kugira ngo ibyabaye bitazongera.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Intwari, Uzamukunda Zamda, yavuze ko iki gikorwa cyo kwibuka abishwe muri Jenoside gifasha abana kumenya amateka mabi yaranze igihugu cyabo.

Yagize ati “ Kwibuka bituma abana barushaho kumenya amateka no gusobanukirwa ibyabayeho ku buryo bibafasha kugira uruhare mu kurwanya ko ibyabaye byakongera kubaho. Ikindi kandi natwe bidufasha kubona uruhande muri bo rufite intege nkeya kugira ngo tugerageze kurwongerera imbaraga, bityo birufashe kumenya amateka nyayo y’igihugu cyacu.”

Ihuriro ry’abanyeshuri bize n’abahigishije ku Ishuri ry’Intwari barimo Harelimana Mussa Fazil na Sheikh Abdoul Karim Harelimana n’abandi bamaze kubaka urwibutso rwa Jenoside kuri icyo kigo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaac, yacaniye urumuri rw'icyizere abanyeshuri b'Ishuri ribanza ry’Intwari
Abatuye i Nyamirambo bitabiriye ibikorwa byo kwibuka
Bamwe mu bitabiriye igikotrwa cyo kwibuka ku ishuri ry’abayisilamu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages