Byabereye mu Mudugudu wa Giko, Akagari ka Save, Umurenge wa Ruharambuga, Akarere ka Nyamasheke ku wa 18 Kanama 2026.
Saa Tanu z’ijoro nibwo abo mu muryango we bagiye mu nzu uyu musore yari yarubatse yiteguraga gushakiramo umugore, bahageze basanga radiyo iri kuvuga cyane, bageze mu nzu imbere basanga amanitse mu mugozi yapfuye yambaye imyenda myiza, bahita babimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruharambuga yabwiye IGIHE ko bakimenya aya makuru inzego z’ubuyobozi bw’ibanze zajyanyeyo n’inzego z’umutekano n’umukozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), umuryango usaba ko umuntu wabo ashyingurwa nta suzumamurambo ribayeho kuko nta wundi muntu ukeka ko yaba yabigizemo uruhare.
Ati “Babonye batamubonye nimugoroba, bajya kureba mu nzu yabagamo basanga radiyo iri kuvuga yanambaye imyenda ye myiza arimanika. Iruhande rwe bahasanze urwandiko ruvuga ko abatekamutwe bamwibiye kuri telefone amafaranga yari yarahawe n’umukobwa biteguraga kubana”.
Urwo rwandiko ntabwo hariho ingano y’ayo mafaranga, nta nubwo hariho umwirondoro w’uwo mukobwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!