Abatuye kuri uyu uzwi nka Kamonyi bavuga ko uwo musozi ugenda wika gahoro werekeza mu mugezi wa Shangazi, ku buryo ku buryo bitangiye gusatira inzu z’abaturage.
Umugore utuye kuri uyu musozi witwa Ayinkamiye Florida yabwiye RBA dukesha iyi nkuru ko n’ibiti biteye kuri uwo musozi byatangiye kugwa.
Ati “ Biriya byari byaramanutse iriya biramanuka bigeraho birahagarara . Murabona ko bari barateye amashyamba arazamuka ariko bimera nk’ibihagaze. Uko iminsi igenda bikomeza bigenda bicika bigera na hano.”
Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza, Mukankusi Athanasie, yavuze ko ikibazo bakizi kandi batangiye kwimura abaturage.
Ati “ Abamaze kwimuka n’imiryano ine n’inzu z’ubucuruzi eshatu, abaturage twabagiriye inama yo kuba bahavuye kuko ntawe uba azi uko biri bugende kugira ngo ubuzima bwabo tuburamire.”
Yongeyeho ko basabye itsinda ry’inzobere zo muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi ko ziza kureba iki kibazo no kubagira inama kuko batazi ikiri munsi y’ubwo butaka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!