00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyagatare: Hatangiye gushakishwa abana baba ku mihanda ngo basubizwe mu miryango

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 12 March 2025 saa 11:47
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwatangiye ubukangurambaga bwo kurinda no kurengera umwana, aho ubu bari gushakisha abana bose baba ku muhanda kugira ngo basubizwe mu miryango yabo.

Abana bari gushakwa ni abatari mu ishuri, abari mu mihanda no mu isantere z’ubucuruzi no mu byanya byuhirwa.

Ku ikubitiro Akarere ka Nyagatare kafashe abana bagera kuri 19 bakaba bagiye gusubizwa mu miryango yabo mu gikorwa cyatangiriye mu Murenge wa Nyagatare ku wa Gatatu tariki ya 12 Werurwe 2025.

Biteganyijwe ko ubu bukangurambaga buzamara iminsi 20 bukorerwe mu mirenge yose hagamijwe kurengera umwana. Ubu bukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti ‘‘ Twubake Ejo Hazaza, Turengera Umwana.’’

Umwe mu bana bafatiwe mu muhanda mu Mujyi wa Nyagatare w’imyaka 14, yavuze ko yahisemo kujya kuba mu muhanda nyuma y’aho ababyeyi be batabanaga, nyina akaba ari we umenya inshingano zo mu rugo, mu gihe se we yanze kumuha ibikoresho by’ishuri.

Yagize ati ‘‘Nagiye mu muhanda, nyuma y’uko data yanze kungurira imyenda y’ishuri ngo nsubire mu ishuri. Ntabwo nabyifuzaga na rimwe kuko mu muhanda nta cyiza nigeze mpabona, data na mama ntabwo babanaga.’’’

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, Mufulukye Fred, yashimiye Akarere ka Nyagatare kuri gahunda nziza katangiye yo gushakisha abana , avuga ko na bo bakeneye kwitabwaho nk’abandi bose.

Ati ‘‘Bariya bana iyo tutabitayeho mu muhanda bahahurira n’ibibazo bitandukanye, hari umutekano wabo, hari ubuzima bwabo, hari ababahohotera noneho bakavanamo n’ingeso yo kumenyera umuhanda. Iyo bamaze kuwumenyera bakabikuriramo batangira kwiga ibindi bitari byiza, hari abakoresha ibiyobyabwenge, ababa abajura n’indi myitwarire ibangamiye abaturage.’’

Mufulukye yasabye buri muntu wese ubona umwana muto atari ku ishuri kujya abyibazaho akumva ko ingaruka zitaba kuri uwo mwana gusa ahubwo ziza ku muryango mugari muri rusange.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yavuze ko ubu bukangurambaga bwakozwe ari uburyo bwiza bwo kurengera umwana mu buryo bwagutse.

Yavuze ko hari abana baba bari aho batagomba kuba bari cyane cyane mu masaha yo kwiga, ugasanga bituruka ku miryango iba yarabatereranye cyangwa ababyeyi babo baragiranye amakimbirane bikagira ingaruka ku bana.

Meya Gasana yavuze ko abana bizajya bigaragara ko imiryango yabo itabanye neza bazajya babashyikiriza ba malayika murinzi kugira ngo babashe kubarera no kubakurikirana neza.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yavuze ko bifuza kurandura ikibazo cy’abana bakunze kuba mu muhanda
Uyu mwana yatanze ubuhamya bw’uko amakimbirane yo mu miryango yatumye yishora mu mihanda
Abayobozi batandukanye bitabiriye ubukangurambaga bwo gusubiza abana baba mu mihanda y'i Nyagatare mu miryango
Mufukukye Fred yasabye buri wese kugira uruhare mu gukumira ko abana bajya kuba ku muhanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .