00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntitwakubaka igihugu ngo twirengagize icyica ubuzima bw’abantu- Madamu Jeannette Kagame

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 16 December 2023 saa 08:45
Yasuwe :

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwifuzwa rutakubakwa mu gihe urubyiruko n’abakiri bato bakomeje kwishora mu ngeso zo kunywa inzoga n’ibiyobyabwenge.

Ni ubutumwa yatanze ku wa Gatanu, tariki ya 15 Ukuboza 2023, mu Ihuriro ry’Urubyiruko ryahuriranye n’ubukangurambaga bwa #TunyweLess.

Iri huriro ryabaye ku nsanganyamatsiko igira iti "Kwigobotora kubatwa n’inzoga.’’ Ryitabiriwe n’urubyiruko rusaga 1000, abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta.

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko u Rwanda ari bo rwonyine rufite kandi ari bo rushingiyeho gusa ibyo ntibyagerwaho rwarabaswe n’ibiyobyabwenge.

Yagaragaje ko icyorezo cyadutse cyo kunywa inzoga mu bato, bataragira imyaka y’ubukure mu mujyi no mu cyaro, giteye impungenge ndetse cyageze mu bakuru kandi ari bo bakwiye kuba intangarugero.

Ati “Gukumira no kurandura burundu ikibazo cy’inzoga zikabije, ni ukurinda umutekano w’Umunyarwanda, umuryango we bwite ndetse n’umuryango mugari. Ntabwo twakubaka igihugu, ngo twirengagize icyakwica ubuzima bw’abantu.’’

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko imvugo y’uko inzoga atari iy’abato igamije kwimakaza ubufatanye nk’umuryango n’igihugu mu kumva ububi bw’inzoga ku buzima, imitekerereze, imibanire, imibereho, n’iterambere ry’umuryango n’igihugu, bityo tugafata ingamba zo gukumira no kurandura icyo kibazo.

Ati “Indi mpamvu ituma tugaruka kuri ubu bukangurambaga ni uko ingaruka zitaba ku muntu umwe. Zifata mu nguni zose z’ubuzima bw’umuntu. Mujye mwibuka ko hari n’undi mugani uvuga ko ‘inzoga uyikura mu kibindi ikagukura mu bagabo.’’

Yavuze ko umuryango nk’ishingiro ry’u Rwanda bikwiye ko ikibazo kiwugarije gishakirwa umuti urambye.

Ati “Tugomba gushyira hamwe kugira ngo twumve neza ingaruka zo kubatwa n’inzoga, tukumva neza isoko y’ikibazo duhereye mu mizi yacyo, kugira ngo tuvugutire hamwe umuti ukora kandi ukiza iki cyorezo. Buri wese abera ijisho mugenzi we.’’

“Intera iki kibazo cy’inzoga kimaze kugeraho iteye impungenge, kandi byaba ari igihombo gikomeye ku gihugu, kuzagera ahantu twisanga tutakigira “gihana na gihanura” ntawe ubwira undi ati “Sigaho!”

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko guhanurana mu gihe babona hari abarenze imbibi.

Yijeje ko ku bufatanye bwa Leta n’abikorera bazakomeza gushakira iki kibazo umuti urambye.

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko u Rwanda ari bo ruhanze amaso kandi ibyo bitashoboka mu gihe rukomeje kubatwa n'inzoga

  Inzoga ni isubyo ku iterambere ry’igihugu

Ihuriro ry’Urubyiruko ryatangiwemo ikiganiro cyagarutse ku ngaruka ziterwa no kunywa inzoga zikabije n’icyafasha kwirinda kuba imbata yazo. Cyatanzwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera; Alain Nshimiyimana washinze Umuryango Save Life Foundation n’Inzobere mu by’Imitekerereze, Chantal Mudahogora.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yagaragaje ko inzoga ari mbi kuko yangiza ibice byose by’umubiri w’umuntu.

Ati “Inzoga yangiza igice cy’ubwonko gifasha umuntu gutekereza neza no gufata ibyemezo ndetse n’ikigenga amarangamutima. Inzoga zitera indwara zirimo umuvuduko w’amaraso, umwijima, impyiko ndetse zonona ingingo nyinshi z’umubiri icyarimwe.’’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yagaragaje ko inzoga ari mbi kuko yonono buhoro buhoro ibice byose by'umubiri w'umuntu

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, CG Felix Namuhoranye, yavuze ko #TunyweLess yatangiye gutanga umusaruro.

Yagize ati “Ubukangurambaga bwa Tunywe Less buzatanga imbaraga zikomeye n’umusaruro, bunarokore igisekuru cy’ahazaza kuko kigomba kuba kigizwe n’urubyiruko rutari abasinzi cyangwa rufite ubwenge bwayobye.”

Yavuze ko u Rwanda ruzatera imbere kubera rufite abaturage batekanye kandi batari abasinzi. Ati “Ubuyobozi burashaka umuturage utekanye, umusinzi ntatekanye n’umuryango we ntutekanye.’’

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, CG Felix Namuhoranye, yavuze ko ubuyobozi bwifuza Umunyarwanda utekanye, utari umusinzi

Kimwe mu byitezweho gufasha urubyiruko rwabaswe n’inzoga kuzireka ni ukwifashisha abaziretse bakabasangiza urugendo rwo kuzigobotora.

Alain Nshimiyimana wiyemeje gufasha urubyiruko kuva mu bubata bw’ibiyobyabwenge abinyujije mu Muryango yise Save Life Foundation, yavuze yafashe icyo cyemezo mu guhanura ababikoresha no kubereka ko babireka.

Uyu musore w’imyaka 26 yavuze ko ikigare cyamukururiye kunywa inzoga zatumye afungwa inshuro enye, aba umutwaro ku muryango n’igihugu.

Ati "Nta kintu nari nsigaranye, uretse amadeni no guteka imitwe ku bo twiganye. Byari byarabaye bibi cyane. Nagiye kwa muganga, marayo amezi ane bamvura inzoga.’’

Alain Nshimiyimana yigobotoye ububata bw'inzoga bwatumye afungwa inshuro enye kubera gusinda. Ubu yashinze Umuryango Save Life Foundation ufasha ababaswe n'inzoga n'ibiyobyabwenge

Umuhanga mu by’Imitekerereze, Chantal Mudahogora, yagaragaje ko kubatwa n’inzoga bigenda bivamo no kwiheba kuko bitaba byakurikiranywe kare.

Ati “Iyo utangiye kunywa kugira ngo ucecekeshe amarangamutima, aho uba ufite ikibazo.’’

Inzobere mu by’Imitekerereze, Chantal Mudahogora, yagaragaje ko abantu batangira kubatwa buhoro buhoro bikaza gukomera kubera kubura ubufasha n'ubujyanama bwabafasha kuzibukira kare

Leta y’u Rwanda yoroheje uburyo bwo guha ubuvuzi ababaswe n’ibiyobyabwenge kuko ubu kuva ku bigo nderabuzima buhatangirwa.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yabwiye urubyiruko ko igihugu cyabahaye byose, badakwiye kucyitura kwishora mu ngeso mbi. Ati "Ndashimira buri wese ko tugiye kuva hano dufashe ingamba.’’

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yabwiye abakiri bato guharanira kubaho ubuzima bw'ibyo bifuza kugeraho

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yavuze ko ibimenyetso bitatu byerekana umuntu wabaswe na manyinya birimo kumara umwanya muremure atekereza ku kunywa inzoga, kuzinywa cyane no kumara igihe ahanganye n’ingaruka zazo.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) bwo muri Kamena 2022 bwagaragaje ko igipimo abantu banywaho inzoga mu Rwanda cyavuye kuri 41% mu 2013 kigera kuri 48% mu 2022.

Madamu Jeannette Kagame ubwo yageraga muri Kigali Convention Centre
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko gukorera hamwe no kumva neza isoko y’ikibazo cyo kubatwa n'inzoga kuva mu mizi yacyo bizafasha kuvuguta umuti ukora kandi ukiza
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Ihuriro ry'Urubyiruko ryibanze by'umwihariko kuri Gahunda ya TunyweLess
Umuyobozi Mukuru wa RBA, Barore Cleophas, ni we wayoboye ikiganiro cyahuriyemo abayobozi batandukanye n'inzobere mu by'imitekerereze cyagarutse ku bubi bw'inzoga n'ibiyobyabwenge
Umuyobozi Mukuru wa RBA, Cleophas Barore, ni we wayoboye ikiganiro cyibanze ku ngaruka mbi zo kunywa inzoga nyinshi n'uko wahangana na zo
Urubyiruko rwahawe impanuro rusabwa kunywa inzoga nke ndetse byanashoboka rukazireka burundu
Urubyiruko rwitabiriye ibi biganiro kuri #TunyweLess rwabajije ibibazo bitandukanye, runatanga ibitekerezo ku ngamba zikwiye mu gufasha abato gutana no kunywa inzoga n'ibiyobyabwenge.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange, ari mu bitabiriye iri huriro ry'urubyiruko
Umunyamakuru Isheja Sandrine ni we wari umuhuza w'amagambo muri iri huriro ry'urubyiruko
Iri huriro ryabereye muri Kigali Convention Centre
Ihuriro ry'Urubyiruko ry'uyu mwaka ryibanze kuri Gahunda ya TunyweLess mu kurushaho gusaba abato kuzibukira inzoga kuko atari bo zagenewe
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco, Mufulukye Fred, yavuze ko benshi bari mu bigo by’igororamuco ari urubyiruko rwigaga ariko bikaza kurunanira
Umusizi Rumaga Junior yifashishije Umuvugo yise 'NZOGA', yasabye ababaswe n'inzoga n'ibiyobyabwenge kubyirinda kuko byangiza ahazaza habo
Iyi gahunda yitabiriwe n'urubyiruko rusaga 1000 rwaturutse mu bice bitandukanye by'igihugu
Umuraperi Gatsinzi Emery "Riderman" yasusurukije urubyiruko abinyujije mu ndirimbo ze zirimo "Horo", "Ikinyarwanda", "Abanyabirori'' na "Igicaniro''
Riderman yagiye ku rubyiniro aherekejwe na Karigombe usanzwe amufasha mu bitaramo bitandukanye akora
Urubyiruko rwiyemeje gufata ingamba nshya mu guhangana n'icyorezo cy'ubusinzi cyugarije abakiri bato
Urubyiruko rwishimiye no gutaramirwa n'Umuraperi Riderman uri mu bafite izina rikomeye muri Muzika Nyarwanda
Urubyiruko rwanyuzagamo rukerekana ko ruri kwakira neza ubutumwa bwahawe bwo KunywaLess no kutareberera abiyahuza inzoga
Umunyarwenya Ntarindwa Diogène uzwi ku izina rya Atome yifashishije inkuru yavuze mu buryo busekeje, asangiza urubyiruko ububi bw'inzoga ku buzima bwarwo
TunyweLess ni gahunda yatangijwe hagamijwe kugabanya itumbagira ry'ubusinzi mu bantu b'ingeri zitandukanye cyane cyane urubyiruko
Urubyiruko rwasabwe kureka kunywa inzoga byananirana rukanywa gake cyane kuko zangiza ubuzima bwarwo n'ubw'igihugu

Amafoto: Nezerwa Salomon

Video: Mucyo Jean Régis


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .