Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abantu bahonda moto, abandi bagatera amabuye. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 6 Kamena 2026.
Abaturage bavuze ko aba banyamahanga barimo abiga muri INES Ruhengeri.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yabwiye B&B Kigali ko hamaze gufatwa abanyamahanga umunani babigizemo uruhare kandi bari gukurikiranwa.
Ati “Kugeza ubu hamaze gufatwa ababigizemo uruhare, ubwo ni abanyamahanga umunani barimo bakurikiranwa kugira ngo babihanirwe harimo harimo no gusubizwa iwabo.”
ACP Rutikanga yavuze ko abanyamahanga bahawe ikaze mu Rwanda bagomba kubahiriza amategeko, ariko umwe muri bo utitwaye neza agateza urugomo n’akavuyo arahanwa “akanasubizwa iwabo”.
Yavuze ko abanyamahanga bose bari mu Rwanda badateje ikibazo kuko harimo benshi beza, bitonda, biga bakarangiza amasomo yabo nta kibazo kibayeho.
Ati”Niba ari ikirayi kiboze gikurwamo abandi bagahabwa umurongo. Ntitubitirire abandi bose, ariko ntabwo inzego z’umutekano n’izindi zibishinzwe zihumiriza kuri iki kibazo.”
Kugeza mu Ukuboza 2025, mu Rwanda hari hafungiye abanyamahanga barenga 500 bakomoka mu bihugu 23. Abenshi bafungiye ibyaha by’inyandiko mpimbano hagakurikiraho gukubita no gukomeretsa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!