Iyi mpanuka yabaye ku wa Gatandatu tariki 21 Kamena 2025, mu masaha ya nyuma ya Saa Sita, mu Murenge wa Nyange, mu Kagari ka Gaseke.
Iyi mpanuka abayibonye bavuga ko ikamyo ifite Purake RAI 294 F, yavaga i Nyange yerekeza i Muhanga yagenderaga mu mukono utari uwayo inafite umuvuduko ukabije niko kugonga Coaster ifite Purake RAB 697 U ya sosiyete itwara abantu mu buryo bwa rusange ya Capital Express, yavaga i Kigali yerekeza i Karongi.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yemereye IGIHE ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu bane bahita bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Nyange B.
Ati “Impanuka yakomerekeyemo abaturage bane, bahita bajyanwa kwa muganga kandi bavuwe barataha.”




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!