Amakuru y’impanuka y’iki kirombe yamenyekanye ejo hashize ku wa gatanu, tariki 27 Kamena 2026, saa tatu z’amanywa, mu Murenge wa Ndaro, Akagari ka Bijyojyo ho mu Mudugudu wa Kavumu.
Umubyeyi ufite umwana waguye muri iki kirombe, Mukamusoni Donatha, yavuze ko yamenye ko umwana we w’umukobwa yagwiriwe n’ikirombe atabajwe n’abaturanyi ubwo yari mu mirimo yo guhinga.
Ati “Umwana w’umuturanyi yaje kundeba ndi guhinga ambwira ko Gakobwa igisimu cyamugwiriye, mpita ngenda nsanga bamaze gutabururamo umuntu umwe, bigeze aho babageraho, Gitifu w’Akagari aba araje atangira kuvuga ko abo bana bari ingegera bibabaga, kandi ibitandukanye n’ibyo yavuze bakoreraga Kompanyi bahembwa akanabafataho ubwisungane mu kwivuza na Ejo Heza.”
Mukamusoni asaba ko kompanyi ya Strofinale yabafasha gushyingura abana babo mu cyubahiro ndetse bagahabwa impozamarira.
Mukashyaka Clarisse ati “Twumvise abantu batabaza bati mutabare abantu ikirombe kibaguyeho, tujyayo ariko twatunguwe n’uburyo twumvise ko kompanyi bakoreraga yabihakanye kandi bacukuraga amabuye ya Beryllium bakayajyana aho ikorera bakabishyura buri wa gatandatu.”
Akomeza asaba ko bahabwa ubutabera, ababyeyi bagize ibyago bagahabwa impozamarira.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yabayeho.
Ati “Amakuru y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro yitwa Beryllium ku buryo bwemewe n’amategeko twayamenye, aho gikoreshwa na kompanyi yitwa Strofinale cyagwiriye abantu barindwi, hakozwe ubutabazi bwihuse bakuramo batatu bakiri bazima abandi bane bakuwemo bamaze kwitaba Imana.”
Yanaboneyeho kwihanganisha imiryango yabuze ababo bagwiriwe n’ikirombe bose no kwibutsa kompanyi zikoresha abantu bacukura amabuye y’agaciro kujya babishyurira ubwishingizi kandi bakajya mu birombe bafite ibyangombwa byose byabugenewe birimo ingofero zibarinda, kubakira no gutega aho bacukura kugira ngo bakumire impanuka.
Abapfuye bajyanwe ku bitaro bya Muhororo, gukorerwa isuzuma mbere y’uko bashyingurwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!