Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, kigizwemo uruhare n’umuryango w’ivugabutumwa mu magereza yo mu Rwanda.
Uyu muryango wahuguye abagera kuri 600 muri uwo Murenge. Barimo Abacitse ku icumu 150, abireze bakemera icyaha 150, abafite imiryango ifunze 150 n’abandi 150 bahungutse.
Bose uko ari 600 bahuguwe hagamijwe gushimangira ubumwe n’ubwiyunge muri uyu Murenge dore ko hari hakigaragara amacakubiri ashingiye ku moko.
Baragata John wemera ko yishe abatutsi muri muri jenoside yakorewe Abatutsi 1994, akirega akemera icyaha agafungurwa, ni umwe mu basabye imbabazi mu ruhame.
Ati “Njyewe Baragata John mpagaze imbere yanyu mbasaba imbabazi nivuye inyuma kuko nagize uruhare runini mu kwica abantu bari inaha mu gihe cya jenocide yakorewe abatutsi.”
Bagenzi be benshi nabo basabye imbabazi bavuga ko nubwo bireze bakemera icyaha bagafungurwa, iyo bahuraga n’imiryango bahemukiye batavuganaga kuko batari barayisabye imbabazi ngo babohoke.
Umuryango ukora ivugabutumwa mu magereza ngo warabahuje bose urabigisha, ubu baragenderana.
Perezida wa Ibuka muri uyu Murenge, Habimana Raymond, yavuze ko bishimiye intambwe itewe yo gusaba imbabazi, ariko hari indi ikomeye isigaye.
Ati “Turifuza ko banatubwira aho abacu baguye tukabashyingura mu cyubahiro kuko muri uyu Murenge turacyafite abacitse ku icumu benshi batarabasha kubona aho ababo baguye.”
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred, yashimiye abasabye imbabazi n’abazitanze, avuga ko ari umunsi udasanzwe ku baturage ba Rukumberi.
Yakomeje asaba abaturage kubana mu mahoro, anasaba abireze bakemera icyaha gutanga amakuru ku bishwe muri Jenoside, ku buryo imibiri yakurwa aho yashyizwe, igashyingurwa mu cyubahiro.
Mu murenge wa Rukumberi hari urwibutso rushyinguyemo imibiri irenga ibihumbi 38, n’indi mibiri 1800 ishyinguye ku rusengero rwa ADEPR.
Abahatuye bemeza ko hakiri imiryango myinshi itarabona imibiri y’abayo ngo bashyingurwe mu cyubahiro.



















TANGA IGITEKEREZO