00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Igice kinini cy’icyanya cyahariwe inganda gikorerwamo ubworozi bw’inka

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 14 December 2021 saa 03:42
Yasuwe :

Kuva hatangira gahunda igamije guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu, agace kahariwe kubakwamo inganda mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Kimonyi kugeza ubu harimo uruganda rumwe rukumbi ahandi hahinduwe inzuri hakorerwa ubworozi bw’inka.

Iyo utembereye mu bice bitandukanye byo muri Musanze usanga hari ahari inganda ziganjemo izitunganya umusaruro ukomoka ku biribwa n’ibinyobwa ndetse n’izisya amabuye kandi inyinshi muri zo zegereye abaturage ku buryo hari n’abakunze kuzinenga kubabangamira.

Biteganyijwe ko mu Karere ka Musanze hazubakwa icyanya cy’inganda ku buso bwa hegitari 167 hakazakorerwamo n’inganda zari zisanzwe zikorera muri Musanze no mu tundi turere tuyegereye.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko kuba aka gace kagenewe kubakwamo inganda, igice kinini gikorerwamo ubworozi ari uko babaye bahatije aborozi mu gihe hagishakishwa ubushobozi bwo gushyiramo ibikorwaremezo bizakenerwa mbere y’uko habaho gahunda yo kuhimurira inganda.

Yagize ati"Ubundi iyi ni gahunda ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda kandi murabizi ibikorwaremezo biba bikeneye ingengo y’imari nini, twavuganye na Minisiteri y’Ubucuruzi batubwira ko bari batarabona ingengo y’imari yo kubikora ariko ubu ngo hariho umushoramari wasabye ko yashyiramo ibikenewe birimo imihanda, amazi n’amashanyarazi, baracyavugana nibirangira nibwo tuzashyiramo inganda."

"Inka zo zirimo ariko muri bwa buryo bwo kureba ko haba hakoreshwa kuko ubwatsi bwarimo. Ubworozi bwo buroroshye kuba bwavamo mu gihe cyose haba hakenewe ngo hatunganywe."

Ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi, kuwa 25 Werurwe 2021, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko Leta y’u Rwanda ifite intego yo kubaka ibyanya by’inganda icyenda mu duce dutandukanye tw’igihugu, mu rwego rwo kongera umusaruro ukomoka ku nganda.

Izi nganda zazafasha abaturage mu kubagurira umusaruro w’ibikomoka mu bice batuyemo, zitange akazi ku batagafite ndetse zinagire uruhare runini mu iterambere ry’igihugu.

Aka gace ni ko karimo Uruganda rwa Sima mu Murenge wa Kimonyi
Agace kahariwe inganda kabaye gatijwe aborozi kuko katarageramo ibikorwaremezo bya ngombwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages