Ni ibikorwa abagize uru rugaga bakoze ku wa Kane, aho byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw, birimo inzu yahawe uwacitse ku icumu, inka 15 zatanze ndetse n’ibiribwa.
Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Musanze, Habiyambere Jean, yabwiwe IGIHE ko kuba imbaraga zagombaga kubaka igihugu arizo zagisenye, biteye ipfunwe.
Ati "Bidutera ipfunwe kuba imbaraga zagombaga kubaka igihugu arizo zasenye, abikorera tuba dufite ifpunwe ku buryo twumva tugomba gushyiramo imbaraga zikomeye."
Avuga ku barokotse Jenoside, yakomeje ati "Ni ngombwa rero kugira ngo tuganire nabo, ikindi tubafashe mu bushobozi kugira ngo nabo bagire aho bigeza, noneho abateguye Jenoside n’abayishyize mu bikorwa bakorwe n’isoni kuko nta kindi bifuzaga, bifuzaga ko Abatutsi bashira."
Uzayisenga Beatrice wahawe inka, yavuze ko ari iby’agaciro kuko nk’abarokotse bibarema agatima, bakagira icyizere cyo gukomeza kureba iumbere.
Uwera Gaudiose we yagize ati "Inka nari narayishatse igihe kinini, narayibuze, ariko igihe cyari iki; nshimiye abitanze bagakora iki gikorwa."
"Ibi bikorwa biratunezeza, bikatwubaka, tuba tubona ko bakidutekerezaho. Hari ubwo usanga tudahuje amateka ariko iyo babikoze gutya twumva ko baturi hafi, bityo tukava mu bwigunge."
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle, yashimye ko abikorera bamaze kumva ubumwe bw’abanyarwanda.
Ati "Iki gikorwa tugifata nk’umusaruro w’ubuyobozi bwiza, abikorera bo muri iki gihe bamaze gucengerwa n’amahame y’ubumwe bw’abanyarwanda."
Yakomeje asaba aba bikorera gukomeza gusigasira ibyagezweho barwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri aho yaza avuye hose.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!