00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musabyimana Jean Claude wa NEC yeretse abanyeshuri b’i Butete ibanga rizabageza ku nzozi zabo

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 20 March 2025 saa 10:53
Yasuwe :

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Musabyimana Jean Claude yabwiye abanyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Butete (GS Butete) ko urufunguzo rwo kugera ku nzozi zabo ari ukwiga bashyizeho umwete.

Ibi yabivuze kuri uyu wa 19 Werurwe 2025, mu bukangurambaga buri gukorwa na Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) bwiswe ‘Nawe Wagera Kure’ bugamije gukundisha abana ishuri no kwereka abanyeshuri ibyiza byo kwiga, ibinyujije mu buhamya bw’abayobozi batandukanye.

Musabyimana Jean Claude, wanabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yabwiye abanyeshuri biga muri GS Butete ko na we yanyuze muri iki kigo, uburezi yahaherewe bukamugira uwo ari we uyu munsi.

Uyu mugabo umaze imyaka 45 avuye kuri GS Butete yabwiye abanyeshuri ko bafite amahirwe, kuko biga ahantu hari amashanyarazi kandi hasukuye, na ho mu gihe cyabo bitari bihari.

Yaberetse ko mu gihe umuntu yize abishyizeho umwete aba ashobora kugera ku byo ashaka byose.

Yagize ati “Kwiga bifite akamaro kuko ni rwo rufunguzo rwa mbere rukugeza aho ushaka kugera ku buryo icyo utekereje cyose mu buzima ku myaka yawe ushobora kukigeraho ariko bigusaba ko ugikorera, kandi icya mbere ukora ni kujya mu ishuri ukiga ibindi bikubakiraho.”

Musabyimana yahamije ko iyo abakuru baganirije abana ku nzira bari kunyuramo, bakabasobanurira uko bize bigoye bituma bagira intego kandi ntibacike intege.

Ati “Kuganira na bo ni byiza kuko bibashyiramo akanyabugabo ndetse bikabafasha kugira intego mu buzima no guhora baharanira kugera kure, ndetse n’uwari ufite intege nke bikamugaruramo imbaraga kuko yabonye ko byose bishoboka.”

‘Nawe wagera kure’ ni ubukangurambaga buri gukorwa mu mashuri hirya no hino, aho abayobozi batandukanye bari gusura ibigo by’amashuri bakaganiriza abanyeshuri, bakanatanga ubuhamya ubuhamya ku kamaro k’ishuri.

Ubu bukangurambaga bwagiyeho mu rwego rwo gukundisha abana ishuri ndetse no kurandura ikibazo cy’abana bava mu ishuri, abatangira batinze n’abasibira.

Imibare ya Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko abanyeshuri bava mu mashuri mu byiciro bitandukanye bagabanyutseho 2% mu mwaka wa 2022/2023 bagera kuri 6.8%, bavuye ku 8.5% mu mwaka w’amashuri wa 2021/2022.

Musabyimana yasangije abanyeshuri urugendo rwe kuva atangiye ishuri kugeza aho ari muri NEC
Abanyeshuri ba GS Butete bishimiye kumva ubuhamya bwa Musabyimana
Benshi bari bafite amatsiko yo gusobanukirwa urugendo rw'abayobozi babasuye
Abanyeshuri beretswe ko buri wese agira icyo ageraho kuko yanyuze mu ishuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .