Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Gashyantare 2014.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude, yabwiye IGIHE ko uyu mukobwa wabyaye afite imyaka 18 ndetse aho yiga batari bazi ko atwite.
Ati “ Nibyo yabyariye mu bwiherero hagati ya saa tanu na saa sita, amakuru dufite nyuma y’uko bibayeho tumaze guhura n’uwo byabayeho n’ubuyobozi bw’ishuri yigaho batubwiye ko batari bazi ko atwite ari nayo mpamvu ashobora kuba yahise ashaka gutaha ibise bikamufatira muri gare.”
Yongeyeho ko uyu mukobwa n’umwana we bahise babajyana ku bitaro by’i Kabgayi ndetse banahamagara ababyeyi be kuko ubusanzwe avuka mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi.
Yakomeje avuga ko kugeza ubu amakuru bafite ari uko uyu mukobwa n’umwana we bameze neza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!