00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Babiri bafashwe bashinjwa kwiba inka bakazibagira mu rugo

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 23 January 2024 saa 02:09
Yasuwe :

Abagabo babiri bo mu Kagari ka Gifumba, Umurenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga, batawe muri yombi bakekwaho kwiba inka bakazibagira mu rugo rw’umwe muri bo.

Abatuye muri aka Kagari babwiye itangazamakuru ko haherutse gufatwa abagabo babiri bakekwaho kwiba inka bakajya kuzibagira mu rugo rw’umwe muri bo.

Bavuga ko iyo bamaraga kubaga inka bibye bahitaga bajya kugura izindi nyama nke mu ibagiro maze bakazigurisha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, yemeje ayo makuru avuga ko hari n’ibimenyetso simusiga byagaragaye mu rugo rw’umwe muri bo.

Ati “ Tukimara kumenya amakuru twagiye iwe mu rugo hamwe n’inzego zitandukanye. Twageze mu gikari tuhasanga impu z’inka zabazwe n’amagufa yazo n’aho yabagiraga, harimo uruhu rw’inka rushyashya bigaragara ko rwabazwe ku munsi wari wabanje, ndetse na we ubwe yemera ko azibaga akazivanga n’izo arangura ku ibagiro ryo mu Misizi.”

Yongeyeho ko abaturage bakwiye kujya batanga amakuru kuko bigaragara ko ibyo yakoraga hari ababibonaga ntibabivuge.

Yasabye abaturage ko igihe bibwe bakwiye kwihutira gutanga amakuru kugira ngo abajura bakurikiranwe kubera ko haba hakiri icyizere ko inka zishobora kugaruzwa zitarabagwa.

Aba baturage bo muriaka gace banasabwe kumenya amakuru y’abo baturanye kuko akenshi usanga bakunze gucumbikira abantu bafite ingeso zinyuranye zirimo n’ubujura ariko ntibimenyekane kuko ababacumbikiye batabyitaho.

Umurenge wa Nyamabuye niwo ubarizwamo umujyi wa Muhanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages