Mu byumweru bibiri bishize nibwo muri aka karere abantu bitwaje intwaro gakondo bateye mu murenge wa Shyogwe, Akagali ka Ruli batema abanyerondo bane barabakomeretsa.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Uwamariya Béatrice, yabwiye IGIHE ko batagombaga gutuza batabonye ababigizemo uruhare dore ko byari byateye abaturage ubwoba.
Yagize ati “Ntabwo twagombaga gutuza kuko ntiwayobora umuturage ufite ubwoba, niyo mpamvu twakoze umukwabu wo gufata bamwe mu bantu batazwi ndetse binagaragara ko ntaho wababariza, banacyekwaho kuba hari bamwe mu bakora ibi bikorwa bihungabanya umutekano n’ubusugire bw’igihugu. Harimo abemera uruhare rwabo banatangiye gukorerwa amadosiye ngo bashyikirizwe ubutabera.”
Muri 82 batawe muri yombi, Uwamariya avuga ko 45 bemeye ko bakoze ibikorwa bihungabanya umutekano mu gihe 19 batangiye gukorerwa amadosiye.
Meya Uwamariya yavuze ko abafashwe bazagezwa aho bari batuye kugira ngo imiryango yabo ibimenye.
Ati "Abaturage bacu ntibagomba kugira ubwoba kuko natwe ntabwo turyamye. Aba twafashe bagomba kugezwa aho batuye bakababona imbonankubone kuko usanga hari ababyeyi batazi aho abana babo baba ukabasanga mu mujyi bakora ibikorwa bihungabanya umutekano no kubangamira ibikorwa by’abaturage.”
Mu ijoro rya tariki ya 10 Nyakanga nibwo abantu batemye abanyerondo bane barabakomeretsa mu Murenge wa Shyogwe. Nta wapfuye. Icyo gitero bivugwa cyari kigizwe n’abantu bagera ku icumi.
Inzego z’umutekano muri aka karere zijeje abaturage gukomeza kubacungira umutekano gusa zibasaba ubufatanye no gutanga amakuru ku gihe.



















TANGA IGITEKEREZO