00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 15 batawe muri yombi bakekwaho gukora ubugizi bwa nabi i Muhanga

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 3 August 2025 saa 01:07
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yataye muri yombi itsinda ry’abantu 15 barimo abagabo 13 n’abagore babiri, bakekwaho gukora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, bihungabanya umutekano n’ituze rya rubanda.

Byabaye kuri uyu wa 3 Kanama 2025, bafatirwa mu Karere ka Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye, Akagari ka Gifumba, Umudugudu wa Rugarama, nyuma y’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda, inzego z’ibanze n’abaturage.

Amakuru avuga ko abafashwe bakekwaho uruhare mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi bihungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage birimo ubujura aho bitwikiraga ijoro bagatega abaturage bakabambura, gutobora inzu z’abaturage n’ibindi.

Umuvugizi wa Polisi y’ Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye IGIHE ko abagore bafashwe babiri bafatiwe muri iri tsinda, bo bakekwaho gucumbikira abajura no kubika ibintu byibwe.

Ati “Abafashwe bose kugeza ubu bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Nyamabuye, mu gihe Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwo rwatangiye kubakoraho iperereza.’’

CIP Kamanzi, yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda ishimira abafatanyabikorwa bakomeje kwimakaza umuco mwiza wo gutangira amakuru ku gihe, yibutsa abakomeje kugira imyumvire n’imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage guhinduka bakarangwa no gukora ibikorwa byiza byubahirije amategeko, kuko abazanyuranya nabyo Polisi itazabihanganira.

Abatawe muri yombi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye, mu Karere ka Muhanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages