00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu kwezi kumwe, abarenga icumi batekewe imitwe kubera igihingwa cya ‘Quinoa’ bamaze gutanga ibirego

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 May 2026 saa 09:58
Yasuwe :

Nyuma y’ukwezi kumwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rweretse itangazamakuru itsinda ry’abatekamutwe ryibaga abantu bababeshya kubagurisha ibyo bitaga imbuto z’igihingwa cyitwa ‘Quinoa’, abarenga icumi bamaze gutanga ibirego bagaragaza ko na bo batekewe iyo mitwe.

Ku wa 21 Mata 2026 ni bwo RIB yerekanye itsinda ry’abatekamutwe bari bamaze gucucura abantu utwabo bababeshya ko babagurisha ‘Quinoa’, icyo gihe hakaba hari hamaze gutangwa ibirego bibiri.

Nyuma y’ukwezi kumwe gusa herekanywe aba batekamutwe bari bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 53 Frw n’ibihumbi 3$, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko abamaze gutanga ibirego bagera kuri 15.

Ni mu gihe amafaranga bataka kwibirwa muri ubu butekamutwe yo yageze kuri miliyoni 86 140.000Frw.

Mu butumwa bwe, Dr Murangira yagize ati “RIB irashishikariza abantu kutajya bihererana ibintu nk’ibi, aho abantu baza bakabihugikana babashishikariza gushora imari mu bintu babizeza ko byunguka byihuse. Turasaba buri wese wabeshywe ibinyoma bifitanye isano na ‘Quinoa’ gutanga ikirego.”

Abakurikiranywe kuri iki cyaha bakurikiranwaho ibyaha birimo icyo gushinga umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo, iyo ubihamije n’Urukiko uhanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka icumi.

Kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, iyo ubihamijwe n’Urukiko uhanishwa igifungu kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3Frw ariko zitarenze 5Frw.

Indi nkuru bifitanye isano: RIB yerekanye abagabo icyenda bakurikiranyweho gushinga umutwe y’abagizi ba nabi

Mu kwezi kumwe, abarenga icumi batekewe imitwe kubera igihingwa cya ‘Quinoa’ bamaze gutanga ibirego

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages