00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu 2040 izaba ituwe n’abarenga miliyoni 16: Abatuye mu mijyi mu Rwanda bari kwiyongera bidasanzwe

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 15 July 2026 saa 07:41
Yasuwe :

Imiturire yo mu mijyi ikomeje kwiyongera ku muvuduko mwinshi, ku buryo nta kabuza mu myaka mike iri imbere abazaba bayituyemo ari bo bazaba bagize ijanisha rinini ry’abaturage b’u Rwanda.

U Rwanda ruteganya ko mu 2050 Abanyarwanda 70% bazaba batuye mu mijyi, abasigaye 30% bakaba ari bo bazaba batuye mu byaro.

Impuguke zigaragaza ko ibyo bizafasha kubona ubutaka bugari bwo guhingaho muri ibyo bice by’icyaro.

Imibare ku miturire mu Rwanda igaragaza ko iterambere ry’imijyi rikomeje kwihuta kuko ibarura rusange ryo mu 1991 ryagaragaje ko abari batuye mu mijyi bari 5% by’Abanyarwanda bose, bagera kuri miliyoni 3,7 mu 2022.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi habaye impinduka zigaragara kuko nk’abari batuye mu Mujyi wa Kigali icyo gihe bashimangira ko bisa n’aho nta biranga umujyi wari ufite.

Umushoramari witwa Karera Denis ati “Twari mu gihuru cyitwaga umujyi kuko icyitwaga umujyi nta cyari gihari. Ku Muhima hari umurongo w’amaduka make make, ahandi hari ingo, ahandi hororerwaga ihene n’inka. Nko hafi y’ahahoze Radio Rwanda wasangaga hari inka mu muhanda, nta bundi bwubatsi bwari buhari.”

Iyo shusho n’indi iri munsi yayo ni yo yarangaga indi mijyi nka Muhanga yitwaga Gitarama, Musanze yitwaga Ruhengeri n’indi itandukanye yari ikiri kuvuka.

Icyakora abatuye mu mijyi itandukanye y’u Rwanda uyu munsi babwiye RBA ko bamaze kubona itandukaniro rigaragara mu iterambere ryayo.

Mucyo Steven utuye mu Mujyi wa Nyagatare ati “Mu gihe cyashize hano nabonaga n’iyo baguha ikibanza cy’ubuntu utacyemera. Ariko ubu kugira ngo ubashe kukibona ni ah’Imana.”

Ntabirira Nicholas utuye i Gasogi muri Kigali ati “Nigeze kuza kugura ikibanza aha ngaha mu 2016 ariko kubera umuhanda nasubiyeyo ndagenda ntakiguze. Naje kugaruka mu 2020 ariko amafaranga bari banshiye icyo gihe yari yarikubye nk’inshuro enye. Uko ibikorwaremezo byiyongera ni ko n’ubutaka buzamuka mu gaciro.”

Iterambere ry’imijyi mu Rwanda ryatangiye kuzamuka bigaragara mu 2008 muri gahunda y’imbaturabukungu. icyiciro cya mbere (EDPRS 1). Ibarura Rusange rya 2022 rigaragaza ko ubu Kigali ituwe n’abagera kuri miliyoni 1,8, kandi 86,9% batuye mu gice cy’umujyi.

Ibyo kandi ntibisigana n’indi mijyi igaragiye Kigali iri kuzamuka harimo Huye, Nyagatare, Rusizi, Rubavu na Musanze, kuko ubu ituwe n’abagera kuri miliyoni 1,4 Frw, ndetse mu 2016 hatangijwe umushinga wo kuyubakamo imihanda ya kaburimbo.

Imibare y’Ubushakashatsi ku Mibereho n’Ubuzima (RDHS) bwo mu 2025 igaragaza ko nibura 87% by’abatuye mu mijyi bafite amazi meza, mu gihe 88% bamaze kubona amashanyarazi.

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kigaragaza ko mu 2040 umubare w’abatuye mu mijyi mu Rwanda uzaba uri hagati ya miliyoni 16,2 na miliyoni 16,8, uvuye kuri miliyoni 3,7 bariho mu 2022.

Icyakora impuguke mu miturire zigaragaza ko iri terambere ry’imijyi rikwiye kugendana no guteza imbere ubwikorezi no gutwara abantu, kuko uko abaturage biyongera ni na ko bakora ingendo nyinshi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, agaragaza ko kugira ngo ibyo bigerweho bisaba gukuba inshuro zirenga 10 imibereho y’Abanyarwanda y’uyu munsi ku buryo amikoro yabo ava mu 1000 cy’Amadolari buri munyarwanda yinjiza ku mwaka akagera ku bihumbi 14$ cyangwa 15$ mu 2050.

Imijyi yo mu Rwanda izaba ituwe n'abarenga miliyoni 16 mu 2040
Mu 2022 iyi mijyi yari ituwe n'abantu miliyoni 3,7

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages