00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MTN yatangije uburyo bwo kwishyura essence kuri sitasiyo za ENGEN na mobile money

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 8 December 2016 saa 10:00
Yasuwe :

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda ifatanyije na sosiyete ya ENGEN icuruza ibikomoka kuri peteroli, batangije uburyo bushya bwo kwishyura essence hakoreshejwe mobile money.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Ukuboza 2016, ni bwo MTN Rwanda ku bufatanye n’iyo sitasiyo, batangije ubwo buryo bushya kubazajya baba baguriye essence kuri sitasiyo za ENGEN zose.

Mary Asiime, wari uhagarariye umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, muri iki gikorwa cyabereye kuri sitasiyo ya ENGEN Kicukiro, yavuze ko iyi gahunda yo kwishyura essence hakoreshejwe mobile money izatuma akazi gakorwa neza kandi mu buryo bwihuse.

Yagize ati “ Iki ni gikorwa cy’ingirakamaro kuko kitazajya gisaba ko umuntu agendana amafaranga ku mufuka, nta n’umwanya umuntu azajya atakaza ari kubara amafaranga cyangwa ari kuyashakisha ngo yishyure ndetse kizanatuma akazi kihuta cyane.”

Yakomeje avuga ko iki gikorwa kigamije gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kutagendana amafaranga ku mufuka. Yongeyeho ko MTN imaze kugira abafatabuguzi barenga miliyoni enye ndetse ko bose bakoresha mobile money.

Umuyobozi wa ENGEN,Jeannine Kayihura, nawe yavuze ko iyi gahunda izihutisha akazi cyane.

Yagize ati “ Ni byiza cyane kandi twabyishimiye kuko bizihutisha akazi ndetse binatume abantu batagendana amafaranga bityo bibafashe kudahura n’ikibazo cyo kuyibwa.”

Yakomeje avuga ko iyi gahunda yo kwishyura essence wifashishije mobile money, yatangiye kubahirizwa muri sitasiyo 19 za ENGEN ziri hirya no hino mu Rwanda.

Umwe mu batwara abagenzi kuri moto witwa Ndagijimana Claude, avuga ko ubu buryo bushya mu kwishyura essence buje bukenewe kandi ngo buzabafasha byinshi.

Ati“ Iyi serivise twayikunze cyane kubera ko igiye gutuma tutazongera kwitwaza amafaranga menshi mu ntoki cyane ko byanatumaga rimwe na rimwe ibisambo bitwiba.”

Iyi gahunda MTN yatangije yo kwishyura essence hakoreshejwe Mobile money iri gukoreshwa kuri sitasiyo za ENGEN na SP.

Ubu buryo bwitezweho korohereza ababukoresha harimo no kugabanya umwanya bakoreshaga bishyura essence
Uzajya arangiza kugura essence azahabwa inyemezabuguzi
Umuyobozi wa ENGEN, Kayihura avuga ko iyi gahunda izihutisha akazi
Mary Asiime avuga ko kubera ubu buryo nta muntu uzongera kugendana amafaranga agiye kwishyura essence
Uyu muhango wasusurukijwe n'ababyinnyi berekanye ubuhanga bwabo mu kubyina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages