Iyi gahunda yatangiye ku wa 1 Kamena 2025 yari igamije kwegereza abaturage ikoranabuhanga binyuze mu bikorwa bitandukanye.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2025, iyi gahunda yasojwe abayobozi n’abakozi ba MTN Rwanda batanga amaraso.
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, yasobanuye ko bahisemo insanganyamatsiko yo gusubira ku isôoko, aho bari bagamije kugeza ikoranabuhanga ku badasanzwe barifite cyangwa abadafite ibyo bikoresho.
Yagize ati “Icyo twari tugamije kwari ukugeza ikoranabuhanga kuri bose.”
MTN ishimangira ko ikoranabuhanga atari umwihariko w’abifite gusa ahubwo buri wese akwiriye kuryifashisha mu buzima bwa buri munsi.
Ati “Niyo mpamvu binyuze ku bufatanye n’inzego za Leta twahisemo gufasha urubyiruko ndetse n’abaturage muri rusange mu kubagezaho ikoranabuhanga, tubaha ibikoresho bigezweho ndetse n’amahugurwa akwiriye kuri ryo.”
Umuyobozi Ushinzwe Imikorere n’Imikoranire n’Izindi Nzego muri MTN Rwanda, Alain Numa, yavuze ko binyuze muri iyi gahunda, abaturage benshi bafashijwe kubona ibikoresho by’ikoranabuhanga abandi bahabwa ibikoresho by’imirasire y’izuba bitanga amashanyarazi.
Ati “Mu cyumweru cya mbere muri iyi gahunda, abajyanama b’ubuzima bagera ku 100 bahawe telefoni zigezweho na ho abandi 100 bahabwa ibikoresho by’imirasire y’izuba kugira ngo babashe kubona umuriro w’amashanyarazi.”
Yanavuze ko urubyiruko rugeze kuri 275 rwo mu Karere ka Rubavu rwahuguwe ku gukoresha ikoranabuhanga.
Gahunda ya Y’ello Care yatangijwe mu 2007, hagamijwe kwita ku bababaye.
MTN Rwanda inagira uruhare muri gahunda zitandukanye z’iterambere ry’u Rwanda binyuze mu nkingi zinyuranye zirimo iy’uburezi, ubuvuzi, kuzamura imibereho y’abaturage no gushyigikira gahunda zimwe na zimwe za leta.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!