00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Misiri yagaragaje ubushake bwo kuvugurura Gaza itirukanyemo abaturage

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 12 February 2025 saa 11:30
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Misiri yavuze ko bifuza gukorana na Amerika mu kuvugurura Gaza ariko batirukanye abaturage bayo muri iyi ntara, nk’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump amaze iminsi abyifuza.

Ibi bibaye nyuma y’inama ya Trump n’Umwami Abdullah wa Jordanie, yabaye ku wa 11 Gashyantare 2025 ikabera muri White House.

Icyo gihe Trump yashimangiye umugambi we wo kwigarurira agace ka Gaza, abarenga miliyoni ebyiri babamo bakimurirwa mu bihugu nka Jordanie na Misiri, ubundi ngo iki gice cyasahajwe n’intambara akongera kukigira gishya.

Icyakora Umwami Abdullah yagaragaje ko ibyo bihugu abo baturage bari guhatirwa kujyamo bitemera iyo ngingo, kuko biyifata nk’umugambi wo kwirukana Abanye-Palestine ku butaka bwabo ku ngufu.

Loni na yo iherutse gutanga umuburo, igaragaza ko igikorwa icyo ari cyo cyose cyakwimura Abanye-Palestine ku butaka bwabo ku ngufu gihabanye n’icyo amategeko mpuzamahanga agena ndetse kizafatwa nko gukuraho ubwoko runaka.

Icyakora Trump aherutse gutangaza ko niba Misiri na Jordanie bitemeye gahunda y’uko byakwimurirwamo Abanye-Palestine, azakuraho inkunga Amerika yabageneraga.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Misiri iti “Misiri ifite umushinga wo kuvugurura Gaza, bushobora no gufasha abaturage batuye muri Gaza kuguma ku butaka bwabo kandi mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Umwami wa Jordan abinyujije kuri X yagaragaje ko Jordan idashyigikiye na gato iyirukanwa ry’abaturage ba Gaza.

Perezida wa Misiri Abdul Fattah al-Sisi ku wa 11 Gashyantare 2025 yagiranye ikiganiro kuri telefoni na Minisiti w’Intebe wa Danemark, Mette Frederiksen, na bo bemeza ko Gaza igomba kuvugururwa ariko abaturage bayo bakagumayo.

Intambara ya Hamas na Gaza yatangiye muri Kanama 2023. Kuva icyo abarenga ibihumbi 48 barishwe muri Gaza, abandi bakurwa mu byabo. Imibare ivuga ko nibura 70% by’inyubako zaho zangiritse.

Misiri ishaka kuvugurura Gaza itirukanye abaturage bayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .