00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minsitiri Mushikiwabo yahaye ikaze Stromae mu rwamubyaye

Yanditswe na
Kuya 17 October 2015 saa 08:33
Yasuwe :

Inkuru ikomeje kuvugwa cyane mu Rwanda ni igitaramo cy’umuhanzi w’icyamamare Stromae, ugomba gutaramira mu murwa mukuru w’u Rwanda kuri uyu wa gatandatu.

Usibye kuba ari icyamamare, ikindi gituma abanyarwanda b’ingeri zose bavuga kuri iki gitaramo, ni uko uyu musore ari Umubiligi ariko papa we akaba ari umunyarwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yahaye ikaze uyu muhanzi.

Abinyujije kuri Twitter yagize ati “Nk’umuryango mugari, duhaye ikaze Stromae mu rugo iwabo.”

Minisitiri Mushikiwabo yakomeje avuga ko Stromae ari umuhungu wuzuye impano n’umutima mwiza.

Amakuru aremeza ko uyu muhanzi yamaze kugera i Kigali


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages