00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe yafunguye ku mugaragaro imurikagurisha mpuzamahanga rya 20 (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 August 2017 saa 08:35
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga ribera mu Rwanda ku nshuro ya 20 asaba abanyarwanda gukura isomo ku banyamahanga baryitabiriye cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye.

Umuhango wo gufungura iri murikagurisha wabereye mu kibuga giherereye i Gikondo mu mujyi wa Kigali, ku mugoroba wo ku wa 24 Kanama, ahasanzwe habera iki gikorwa kimaze kuba ubukombe.

Minisitiri w’Intebe yashimiye Urugaga rw’abikorera ku bufatanye na leta mu gutegura iri murika ashishikariza abanyarwanda kuzitabira kuko ari urubuga babonye rwo kuryigiraho byinshi no kurihahiramo ibicuruzwa byakorewe ku migabane itandukanye.

Yagize ati “Ni umwanya mwiza ku banyarwanda wo kwerekana ibyo bakorera mu Rwanda bigaragaza ko igihugu cyacu gikomeza gukataza mu iterambere.”

Minisitiri w’Intebe yasabye abanyarwanda kwigira ku dushya n’ubudasa bigaragara muri iri murikagurisha turimo inzu iciritse ya miliyoni umunani, ikoranabuhanga ry’abaturutse mu bihugu birimo u Buhinde, u Bushinwa n’ahandi, anasaba ibigo byo mu Rwanda kugira ishema ryo gukomeza gukora no gukoresha ibikorerwa mu Rwanda no kubimenyekanisha haba mu gihugu no hanze yacyo.

Imurikagurisha mpuzamahanga ryatangiye kubera mu Rwanda mu 1997; iyi nshuro ni iya 20. Uko imyaka yagiye ishira ni ko abaryitabira biyongeraga, bava kuri 80 mu 1997 bagera kuri 440 mu 2016.

Uyu mwaka abamurika b’imbere mu gihugu bagera kuri 275 mu gihe abanyamahanga bagera ku 136 baturuka mu bihugu 17 byo bya Afurika, Aziya, u Burayi, Amerika ya Ruguru n’Uburasirazuba bwo hagati.

Nk’uko ubuyobozi bw’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rubitangaza, imurikagurisha ryagize uruhare mu guteza imbere ishoramari, rinafungurira abacuruzi amasoko mu mahanga ndetse rituma ibikorerwa mu Rwanda bimenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Abitabiriye iri murika baba abaje ku nshuro ya mbere cyangwa abamaze igihe baryitabira bemeje ko riteguye neza ndetse hari abiyemeje gutangiza ibikorwa byabo mu Rwanda.

Minisitiri w'Intebe ageze ahabera imurikagurisha ku nshuro ya 20
Minisitiri w'Intebe, Anastase Murekezi na Minisitiri w'Ubucuruzi, Inganda n'Ibikorwa by'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, Kanimba François(iburyo)
Minisitiri Kanimba, Minisitiri w'Intebe Anastase Murekezi, Gasamagera Benjamin na Nyamulinda Pascal, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali
Abantu bo mu nzego zitandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza imurikagurisha ku nshuro ya 20
Umuyobozi Mukuru w'Urugaga rw'abikorera, Ruzibiza Stephen, aganira na Minisitiri Kanimba
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi(Ibumoso), Minisitiri w'Ubucuruzi, Inganda n'Ibikorwa by'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, Kanimba Francois, Minisitiri w'Intebe, Anastase Murekezi, Gasamagera Benjamin wa PSF mu muhango wo kwizihiza isabukuru y'imyaka 20 imurikagurisha mpuzamahanga rifunguwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages