00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin azahagararira Perezida Kagame mu irahira rya Wadagni

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 May 2026 saa 10:51
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yageze i Cotonou muri Bénin, aho azahagararira Perezida Kagame, mu muhango w’irahira rya Perezida watowe Romuald Wadagni.

Ibirori by’irahira rya Perezida Romuald Wadagni biteganyijwe ku wa 24 Gicurasi 2026.

Wadagni yatsinze amatora ya Perezida muri Bénin ku majwi 94%.

Romuald Wadagni ni umunyapolitiki akaba n’impuguke mu by’ubukungu. Yamenyekanye cyane muri Minisiteri y’Imari y’igihugu cye guhera mu 2016.

Yagize uruhare rukomeye mu ivugurura ry’ubukungu bwa Bénin cyane cyane mu kongera imisoro yinjira no kunoza imicungire y’imari ya Leta.

Afatwa nk’umwe mu bayobozi bato b’abahanga muri Afurika mu bijyanye n’imari n’ishoramari cyane ko yize ibijyanye n’ubucuruzi n’imari akaba yaranakoze mu bigo mpuzamahanga by’imari nka Deloitte mbere yo kwinjira muri politiki.

Yari ashyigikiwe cyane n’ubutegetsi buriho, ndetse afatwa nk’uzakomereza ku murongo wa Patrice Talon wari Perezida. Wadagni agiye kuyobora manda y’imyaka irindwi.

Umubano w’u Rwanda na Bénin umaze imyaka ugaragaramo ibikorwa bifatika, by’umwihariko kuva mu 2016 uruzinduko rw’uwari perezida w’iki gihugu, Patrice Talon rwabaye imbarutso y’umubano mushya ukomeje kwera imbuto mu ngeri zirimo ubucuruzi, ubuhahirane n’ibindi.

Minisitiri w'Intebe yageze muri Benin aho azahagararira Perezida Kagame

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages