Mu ijambo Minisitiri Utumatwishima yavugiye mu birori byo gutanga ibihembo bya Youth Connekt Awards byabaye ku wa 14 Nyakanga, yabwiye Kagarara ati "Twagutumiye kugira ngo tukwereke ko wahesheje ishema abakoresha imbuga nkoranyambaga, cyane cyane mu cyiciro cy’abafite ubumuga.”
Ministiri Utumatwishima yasabye abikorera ndetse n’inzego za Leta kwifashisha uyu musore mu gihe bakeneye kugeza ubutumwa ku bafite ubumuga kuko yaba Ambasaderi mwiza.
Gushimirwa kwa Kagarara kuje nyuma y’ingendo amaze iminsi akorera mu bihugu bya Afurika birimo Ghana, Nigeria na Cameroon, ku butumire yahawe na Ashton Hall uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Uru rugendo rwasorejwe mu Rwanda, Kagarara na Ashton Hall basura ibikorwa bitandukanye birimo BK Arena, Stade Amahoro, Zaria Court ndetse n’agace ka Bigogwe kazwi ku bukerarugendo bushingiye ku nka.
Kagarara amaze kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga nk’umuntu watinyutse mu kugaragaza ko kuba umuntu afite ubumuga bitamubuza kugera ku ntego y’ibyo yifuza kugeraho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!