Ni umuhango wabaye ku wa 22 Gicurasi 2026, i Nairobi muri Kenya.
Imyitozo yiswe Ushirikiano Imara 2026 yabereye muri Kenya, Nairobi. Intego y’iyi myitozo y’uyu mwaka yari ugushimangira amahoro, umutekano n’ubudahangarwa mu karere binyuze mu guhugura ingabo, polisi n’abafatanyabikorwa b’Inzego za gisivile bo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.
Ingabo n’abafatanyabikorwa bakorera imyitozo ya gisirikare hamwe hagamijwe guhuza ibikorwa mu guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano biriho muri iki gihe.
Iyo myitozo yahuje ingabo n’abandi bafatanyabikorwa baturutse mu Burundi, Kenya, u Rwanda, Uganda na Tanzania, mu gihe DRC, Somalia na Sudani y’Epfo bitabiriye nk’indorerezi.
Iyi myitozo yatangiye ku ya 6 Gicurasi 2026 yasojwe ku mugaragaro n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Minisiteri y’Ingabo ya Kenya, Roselinda Sopian Tuya.
Hirya y’uyu muhango, Minisitiri Marizamunda yagiranye ibiganiro byihariye n’ Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Minisiteri y’Ingabo ya Kenya, aho baganiriye ku buryo bwo kurushaho gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’inzego za Gisirikare z’ibihugu byombi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!