00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MINAGRI yatanze icyizere ku kongera guhenduka kw’inyama z’inka

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 12 August 2026 saa 07:33
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Dr. Telesphore Ndabamenye, yagaragaje ko hari ingamba Igihugu cyafashe zigamije gutuma amatungo by’umwihariko inka, yongera gusubira ku isoko uko byari bisanzwe, ku buryo nta kabuza bizamanura igiciro cy’inyama kuri ubu cyatangiye gutumbagira.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa 11 Kanama 2026. Ni nyuma y’uko ibiciro by’inyama mu mezi abiri ashize byarushijeho gutumbagira bitewe n’indwara y’ubuganga yibasiye amatungo yuza mu Rwanda (inka, ihene n’intama).

Ibyo byatumye ibice bitandukanye by’Igihugu bishyiraho akato kuri aya matungo kugira ngo arwaye abanze avurwe, andi akingirwe, bituma inyama zayo ziba nke ku isoko zirahenda cyane, kuko ikilo cy’inyama z’inka kikubye hafi kabiri kigera kuri 13.000 Frw i Kigali, ariko byatumye n’izindi nyama nk’iz’inkoko zihenda.

Dr. Ndabamenye yavuze ko hari icyizere ko inyama z’aya matungo zizongera kuboneka neza ndetse n’ibiciro byazo byongere kumanuka kuko ubu amatungo yose agomba gukingirwa yakingiwe hategerejwe ko yose agira ubudahangarwa ku buganga.

Ati “Kurwanya izi ndwara z’ibyorezo mu matungo bifata igihe, ariko nk’ukwezi kumwe cyangwa abiri ariko birangiye ubuzima bwongera busubira uko bwari bumeze.”

Yasobanuye ko ubu amatungo yose yakingiwe, ariko ko bifata igihe kingana n’ukwezi kugira ngo urukingo mu mibiri yayo rube rutanze ubwirinzi. Gukingira aya matungo byakozwe muri Kamena na Nyakanga 2026 mu gihugu hose, ku buryo uku kwezi kwa Kanama kuzarangira, ayakingiwe nyuma na yo yujuje ukwezi.

Dr. Ndabamenye yagaragaje ko nubwo inyama z’inka ari zo abenshi bafatiyeho igipimo cy’ihenda kuko inyama zazo ziri mu ziribwa cyane, muri rusange icyazamuye ibiciro cyane harimo n’umusaruro muke w’amatungo magufi, ku buryo ingamba zo gukemura ikibazo cy’igiciro cy’inyama ziri mu buryo bubiri.

Ati “Dufite gahunda yo kongera n’amatungo magufi, cyane cyane inkoko, kuko muri iyi minsi abaturage barazikoresheje cyane. Tuzongeye byatuma twunganira za nyama z’inka rero tugomba kuzamura n’ishoramari muri iyo gahunda yo kongera inyama kugira ngo nituba turi nko gukingira tutazajya tubura inyama.”

Yongeyeho ati “Umuntu yatanga icyizere ko ibiciro by’inyama uko tubibona uyu munsi bizagenda bisubira hasi uko amatungo azagenda aboneka avuye muri ya gahunda yo kuyakingira twakoze.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko ugereranyije Nyakanga 2026 na Kamena 2026, ibiciro byiyongereyeho 0,9%, ahanini bitewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 1,5% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 1,3%.

MINAGRI yatanze icyizere ku kongera guhenduka kw’inyama z’inka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages