Iki cyuzi gihangano kiri kubakwa mu Murenge wa Matimba kizafasha aborozi bo mu tugari twa Bwera na Byimana. Ni icyuzi kizaba gifite ubushobozi bwo kubika amazi ahoraho angana na meterokibe ibihumbi 28 kongeraho andi mazi menshi azanyuzwa mu miferege agenda agera mu nzuri.
Uretse iki cyuzi, hazanubakwa ibibumbiro muri utu tugari ku buryo inka zizajya zinyweramo amazi, bifashe aborozi kongera umukamo. Ibi bikorwaremezo byose biri kubakwa binyuze mu mushinga wa RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda.
Uyu mushinga wagizwemo uruhare na Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (IFAD) binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Mutabazi James ni umworozi utuye mu Kagari ka Bwera mu Murenge wa Matimba. Yavuze ko amariba bakoreshaga buhirira inka ari ayubatswe mu 1997 akaba yari yarashaje ku buryo amazi yakamaga bakajya kuvomerera inka ku Akagera
Ati “Mu mpeshyi umukamo uragabanyuka cyane kuko inka zikora urugendo zijya ku Kiyaga cy’Akagera ntizinywe inshuro ebyiri bigatuma ugabanyuka. Inka yakamwaga litiro umunani mu mpeshyi ziba zikamwa litiro nk’eshatu, izindi zigapfa kubera isazi y’inkurikizi iba ku Kiyaga cy’Akagera, ubu rero twizeye ko iki cyuzi nicyuzura kizadufasha cyane.’’
Kimenyi Aimable wororera mu Kagari ka Bwera, yavuze ko gushora inka ku kiyaga cy’Akagera byabatezaga ibihombo birimo gupfusha inka zaribwaga n’isazi ya Tsetse ndetse n’izindi zicwaga n’umwuma. Yashimiye ubuyobozi bwabonye ikibazo bari bafite bukabatabara, abwizeza ko nibabona amazi nabo bazongera umukamo.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ishami rya Nyagatare, Kayumba John, yavuze ko muri Nyagatare hari gukorwa ibyuzi bihangano bitatu bizafasha aborozi kubona amazi y’inka hafi.
Yasabye aborozi gushaka amahema afata amazi bakayashyira mu nzuri zabo kugira ngo andi mazi ajye aza ari inyongera kuri bo.
Akarere ka Nyagatare kabarizwamo inka zirenga ibihumbi 230 zitanga umukamo wa litiro zirenga ibihumbi 100 ku Munsi. Ubuyobozi buvuga ko bwifuza ko uyu mukamo wiyongera cyane nibura ukagera kuri litiro zirenga ibihumbi 500 ku munsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!