Ni urubanza ku ifungwa n’igungurwa by’agateganyo rwamaze amasaha hafi atanu, rwaburanishinjwe nyuma yo gutegerezwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge inshuro ebyiri ntiyitabe ku mpamvu abamwunganira mu mategeko bavuze ko ari iz’uburwayi.
Uru rubanza Me Nkanika aregwamo ni kimwe n’ururegwamo mugenzi we Me Nyiramikenke Claudine, wahawe n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gufungwa by’agategenyo iminsi 30.
Ubushinjacyaha bw’Urwego rw’umuvunyi buvuga ko Me Nkanika hari bamwe mu bo yakoreye harimo uwitwa Hakiziamana Fidele n’umugore we Nyiramahirwe Esperance, akabariganya imodoka bavuga ko bamusigiye bagiye gufungwa hamwe n’ibindi byo kwaka ruswa abakiya ayita inyoroshyacyaha.
Uregwa yahakanye ibyaha ashinjwa avuga ko ari ibihimbano byahimbwe bitewe n’uko ubwo uwo mugore yahoze amwunganira nyuma baza gushwana kuko yamusabye kuburana yemera icyaha ntibabyumvikaneho.
Me Nkanika uvuga ko iyo modoka atayisigiwe nk’uko abishinjwa ahubwo yayiguze, kubera ayo makimbirane babyuririraho bagashaka kumuharabika.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari ibimenyetso bikomeye birimo amajwi ya telefoni Me Nkanika yavugiragaho yaka iyo ruswa, bukavuga ko ibyo byaha byakozwe hagati y’umwaka wa 2014 na 2017, buboneraho kumusabira gufungwa by’agategenyo iminsi 30 kugira ngo adasibanganya ibimenyetso kandi iperereza rigikomeje.
Abunganira Me Nkanika bavuze ko nta bimenyetso bifatika bishinja umukiriya wabo ku buryo yaburana afunze; Ku bijyanye no gusibanganya ibimenyetso bagaragaje ko kuba iperereza kuri ibyo byaha aregwa ryaratangiye gukorwa mu 2014 kandi ko nta nkomyi n’imwe bigeze babona, ubu ataribwo yagira icyo abyangizaho.
Bavuze ko ibyo Me Nkanika aregwa byose ari ibinyoma, bitsa cyane ku kuba raporo ku iyumvirizwa ishingirwaho yarakozwe mu Cyongereza bagaragaza impungenge ko nta mwimerere igifite kuko abumvirijwe bose bavugaga Ikinyarwanda.
Me Nkanika n’abamwunganira bagaragaje ko nta gikuba cyacitse gituma asabirwa gufungwa by’agategenyo, ko uretse kuba iperereza ryaratangiye gukorwa kera, anafite aho abarizwa kandi hazwi ndetse ko n’igihe ubugenzacyaha n’Urwego rw’Umuvunyi bamutumizaga kwisobanura atigeze asiba kubitaba cyangwa ngo abangamire umutekano w’abatangabuhamya.
Nyuma yo kumva ibisobanuro ku mpande zombi urukiko rwavuze ko ruzabasomera imyanzuro ku wa Kane tariki ya 27 Nyakanga 2017, saa cyenda z’amanywa.



















TANGA IGITEKEREZO