00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Me Flamme wunganira Basabose yarwariye mu rukiko

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 December 2023 saa 09:10
Yasuwe :

Umunyamategeko Me Jean Flamme wunganira Basabose Pierre mu rubanza rubera mu rukiko rwa rubanda rw’i Bruxelles mu Bubiligi yarwaye, yohereza mugenzi we ngo amusimbure.

Urubanza rwa Basabose uregwa ibyaha bya Jenoside n’iby’intambara rwakomeje kuri uyu wa 11 Ukuboza 2023, Me Flamme atangira akazi ko kunganira umukiriya we, nta kibazo.

Perezida w’urukiko yatanze ikiruhuko cya saa sita, agaruka asobanura ko habonetse imbogamizi y’uko Me Flamme yafashwe n’uburwayi butunguranye.

Me Vincent Lurquin uri kunganira Twahirwa Séraphin muri uru rubanza yasobanuye ko yari kumwe na Flamme, abona atangiye kuva imyuna, kandi ngo byari bikomeye, bituma afata icyemezo cyo kujya kwa muganga.

Ubwo umusimbura w’uyu munyamategeko yageraga mu rukiko, Basabose we ntiyari ahari. Ibi byatumye Perezida warwo yanzura ko urubanza rugomba gukomeza kuri uyu wa 12 Ukuboza.

Uru rubanza rwatangiye tariki ya 9 Ukwakira 2023. Byari biteganyijwe ko rupfundikirwa ku wa 11 Ukuboza mbere y’uko umwanzuro warwo usomwa ku ya 15 Ukuboza.

Me Flamme wunganira Basabose yarwaye, yohereza umusimbura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages