Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Bruno Rangira, yabwiye IGIHE ko Matabaro yandikiye Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali asaba guhagarika akazi kugeza igihe kitazwi.
Rangira ati"Yanditse asezera muri iki gitondo."
Matabaro yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali kuva mu mwaka wa 2010.
Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’umujyi wa Kigali asezeye nyuma y’aho Meya w’Umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza, agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia nk’uko byasohotse mu byemezo by’Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.
























TANGA IGITEKEREZO