00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mahama: Ibrahim wageze mu Rwanda ari impunzi, yinjiza ibihumbi 120 Frw ku kwezi abikesha ubwogoshi

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 15 February 2025 saa 10:14
Yasuwe :

Aboubakar Haruna Ibrahim ni umugabo w’abana babiri wahungiye mu Rwanda ubwo umutwe wa RSF watangiraga guhangana na Leta y’iki gihugu, ahunga nta kintu na kimwe afite we n’abana be babiri n’umugore we, ariko kuri ubu yinjiza arenga ibihumbi 120 Frw buri kwezi akura mu kogosha.

Uyu mugabo w’abana babiri aba mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe aho agiye kumara umwana n’igice.

Yahageze avuye muri Sudani nyuma y’aho hari hadutse intambara.

Aboubakar Haruna Ibrahim yabwiye IGIHE ko kuri ubu yishimira ubuzima abayeho mu Rwanda kuko butandukanye n’ubwo yavuyemo bwari burimo umutekano muke no kubaho utizeye ko uri buramuke.

Ati “Ubwo intambara yatangiraga muri Sudani narahunze nza nta kintu na kimwe mfite, naje mfite ubwoba ariko ngeze mu Rwanda bamfasha kubaho. Nabonye amahirwe yo kubona icyumba nkoreramo nkomeza akazi kanjye nk’uko bisanzwe aho nafashijwe na Cartas Rwanda mu kubona ibikoresho.”

Yavuze ko buri munsi ashobora gukorera 6000 Frw.

Ati “Ubu buri munsi nshobora gukorera 5000 Frw cyangwa 6000 Frw, mu kwezi nshobora kwinjiza ibihumbi 120 Frw cyangwa ibihumbi 130 Frw mu kwezi.’’

Haruna avuga ko yifuza gukomeza gutera imbere agafasha abana be babiri n’umugore we gukomeza kubaho neza.

Yavuze ko atifuza gusubira iwabo kuko yageze mu gihugu kirimo umutekano, kirimo kwishyira ukizana aho ashobora gukora atekanye we n’umuryango we.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabazi, MINEMA, Habinshuti Philippe, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira buri muturage wese ukeneye umutekano kandi rukanamufasha kwiteza imbere nk’uko bikorerwa n’abandi.

Ati ‘‘Igihugu cyacu gifungurira imiryango umuntu wese uza akeneye umutekano, akeneye amahoro kubera ko aho yari ari ntayahari, ntabwo rero bivuga ko ari ibihugu duhana imbibi gusa, n’ibihugu bindi harimo umutekano muke baza hano kimwe n’uko bajya no mu bindi bihugu, abaje hano barakirwa bakabana neza n’abandi baturage.’’

MINEMA ivuga ko imiryango 4000 y’impunzi zibarizwa mu Rwanda kuri ubu itagikeneye kubaho yishingikirije inkunga z’amahanga, nyuma yo gufashwa kwishakamo ibisubizo.

Inkambi ya Mahama ibarizwamo impunzi ibihumbi 70 zirimo Abanye-Congo, abavuye mu Burundi, Eritrea, Ethiopia n’abandi.

Haruna Ibrahim yishimira ko ku munsi adashobora kubura 5000 Frw akura mu kogosha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .