00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amaze imyaka 31 ashakisha uwo bafitanye isano

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 11 April 2025 saa 09:43
Yasuwe :

Uwanyirijuru Rosalinda uvuga ko ashobora kuba avuka mu Mujyi wa Kigali, amaze imyaka 31 yarabuze umuntu baba bafitanye isano kuko yabwiwe ko umuryango we wose wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kugeza ubu Uwanyirijuru avuga ko akomeje gushakisha ngo arebe nibura niba hari uwo baba bafitanye isano ukiriho.

Mu kiganiro na RBA, uyu mukobwa yavuze ko abamureze bamukuye mu kigo cy’impfumbyi. Ibyo azi ku nkomoko ye ni ibyo yabwiwe n’umubyeyi wamureze.

Ati “Yarambwiye ati wiyakire, uzagerageze nuba mukuru ubaririze gusa ubu icyo nakwifuriza ni uko watuza ukabanza ukiga, wite ku buzima bwawe, kuko nanjye nta kindi nabikoraho.”

Uwanyirijuru yabwiwe ko yageze mu kigo cy’imfumbyi cya Croix Rouge ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, ubwo yari afite amezi abiri gusa. Yaje kuhava afite imyaka itatu y’amavuko.

Abamureze bamubwiye ko batazi umuntu n’umwe bafitanye isano.

Yakomeje avuga ko kubaho atazi aho akomoka ari ibintu bimutera agahinda cyane.

Ati “Kutagira iwanyu, ahantu uvuga uti aha ni iwacu birambabaza. Abandi bagira amasambu bajya basubiraho bakavuga ko ariho bavuka, njyewe ntaho mfite. Ahantu nakwita iwanjye ni aho nagura ubwanjye”.

“Nta n’abantu nashinja ko bataranyitayeho cyangwa ngo mbabwire ko batansuye ku ishuri, cyangwa ko batanyishyuriye ishuri kuko uwo nabibwira wese yambwira ko ntari umwana we”.

Uyu mukobwa yavuze ko afite icyizere ko hari uwo mu muryango we waba ukiriho kuko abantu bose badapfira gushira.

Ati “Ntabwo bose bashize, hagomba kuba hari umuntu wasigaye bashobora kuba umwe cyangwa babiri ariko ndumva bahari”.

Kimwe mu byo Uwanyirijuru Rosalinda avuga ko abagize umuryango we bashobora kumunyeraho ni inkovu afite mu gahanga.

Ati “Mfite akantu ku gahanga gasa nk’akaguyemo. Abantu bari bazi ko bafite umwana ufite inkovu mu gahanga kuko muri Croix Rouge bambwiye ko naje ngafite, bazanshake, n’abandi bamfashe kubashaka”.

Yavuze ko nubwo nta muryango afite, hari icyizere cyo kubaho kandi ko yiyubatse.

Ati “Sindi wa muntu wumva ko byarangiye ntacyo gukora, narize nirwanaho ndarangiza, ndakora kandi nkora cyane kuko umunsi umwe nzagura ibibanza wumva ntafite, nzubaka inzu, nzagira umuryango wanjye”.

Yasoje avuga ko yizera kuzabona abo bahuje isano nubwo ubu afite umuryango yabonye kubera urukundo n’ubuyobozi bwiza bw’igihugu.

Uwanyirijuru Rosalinda avuga ko amaze imyaka 31 ashakisha uwo bafitanye isano
Uwanyirijuru Rosalinda yasabye abantu kumufasha gushaka uwaba usigaye mu muryango we, kuko benshi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .