00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuburanisha mu mizi urubanza rwa Munyagishari bikomeje kuba agatereranzamba

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 8 December 2015 saa 09:54
Yasuwe :

Abanyamategeko ba Bernard Munyagishari ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, barashinjwa gushaka gutinza urubanza ku bushake, ibintu ubushinjacyaha bwita amananiza muri uru rubanza mbere y’uko rutangira kuburanishwa mu mizi.

Munyagishari yoherejwe mu Rwanda mu mwaka wa 2013 n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ICTR.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa 7 Ukuboza, Urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko abunganira Munyagishari aribo John Hakizimana na Jean Baptiste Niyibizi batacyemewe nk’abunganizi be mu rukiko, nyuma yo kubura mu rubanza inshuro ebyiri.

Ni icyemezo Munyagishari yahise ajuririra avuga ko abanyamategeko be ibyo bavuga byumvikana kandi bikwiye kwitabwaho, n’ubwo Guverinoma yamaze gusaba mu rugaga rw’abavoka abandi bo kumwunganira.

Aba banyamategeko baherutse kugaragaza ko kubera imbogamizi z’amikoro batazongera kunganira Munyagishari, basaba Guverinoma yamwishingiye kongera igihembo cy’abamwunganira no kuvugurura uburyo bwo kubishyura.

Nibura miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda nicyo gihembo cy’urubanza rwose kigenerwa abunganira mu mategeko abakekwaho ibyaha bya Jenoside boherejwe kuburanira mu Rwanda.

Iki gihembo abanyamategeko bombi ba Munyagishari bagaragaje ko ari gito ugereranyije n’imyaka igera kuri itanu urubanza rushobora kuzamara. Basaba ko bagenerwa nibura miliyoni 1.5 ku kwezi.

Muri uyu mwaka abanyamategeko ba Munyagishari bagaragaye inshuro enye gusa mu rukiko rukuru n’urw’ikirenga.

Umwe mu banyamategeko ba Munyagishari, John Hakizimana yavuze ko gushaka ababasimbura ari ikosa kuko icyemezo cyajuririwe.

Yagize ati’’Ubujurire bwa Munyagishari bufite ibibazo byinshi birimo uburenganzira bwo gushyira ibyabereye mu rukiko mu Gifaransa. Yanajuririye umwanzuro w’urukiko wo kumuha abandi bavoka.“

Ku rundi ruhande avuga ko uretse kuba ataragaragaye mu rukiko, atarumvikana na Guverinoma ku gihembo azakorera muri uru rubanza.

Ku ruhande rw’ubushinjacyaha busanga ibi ari amayeri yo gutinza urubanza,
Umushinjacyaha Bonaventure Ruberwa, yavuze ko John Hakizimana na Jean Baptiste Niyibizi, bunganira Munyagishari badakwiye kugaruka muri uru rubanza mu gihe urugaga rw’abavoka rwamaze gutanga Jeanne d’Arc Umutesi na Bruce Bikotwa nk’abasimbura babo.

Munyagishari w’imyaka 55 wahoze ari umunyamabanga mukuru wa MRND, akekwaho uruhare mu gucura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside, ubugambanyi, gufata ku ngufu abagore n’abakobwa, ubwicanyi n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu.

Urubanza ruzasubukurwa kuwa 15 Mutarama 2016, abacamanza bazanzura niba ibyasabwe na Munyagishari bishobora guhabwa agaciro, mbere yuko urubanza ruburanishwa mu mizi.

Bernard Munyagishari ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages