Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Rugendabari, Ntagisanimana Claude, yatangarije IGIHE ko babiri bahise bitaba Imana, abandi 14 bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Gasovu kuko nicyo twegeranye cyakora ubutabazi.
Yagize ati “Ni impanuka yabaye ku nyubako ya Paruwasi, babiri mu bayubakaga bagwiriwe n’igice kiremereye bahita bapfa. Abo twagejeje ku Kigo Nderabuzima harimo batanu bari barembye bahise bihutanwa ku Bitaro bya Kabgayi gusa n’abandi icyo abaganga bemeza bakurikije uko bameze bashobora nabo kujyanwayo.”
Ntabwo biramenyekana niba abagwiriwe n’urukuta bafite ubwishingizi ku mpanuka z’akazi. Abakomeretse bafite ubwishingizi bwo kwivuza ndetse hari ibiganiro na Kiliziya ku bashobora kugira ibindi bakenera ngo bitabweho.
Inzego zibishinzwe zatangaje ko hagiye gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka.
Paruwasi ya Gasovu yubakwaga n’abafundi bahembwa n’abakirisitu bitangaga mu bushobozi bw’amaboko. Byari biteganyijwe ko izizihirizwamo Umunsi Mukuru wa Pasika.



















TANGA IGITEKEREZO