Ushinzwe imiturire mu Mujyi wa Kigali, Umuhire Abias yemeza ko ubuyobozi bw’uyu mujyi budasinziriye kandi bufite ingamba zigamije guca akajagari.
Mu kiganiro na RBA, yagize ati “Turashaka umujyi utagira akajagari mu 2040. Mu ntego dufite ni uko uzaba ari Umujyi w’amacumbi aciriritse ku buryo umuntu wese yaba ufite amikoro macye cyangwa se ufite menshi, ufite inzu ye cyangwa akodesha abe yakwibonamo”.
Akomeza avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yemeye gutanga 30% by’igiciro abantu batanga ku macumbi kugira ngo bigabanye agaciro k’inzu, ikindi kandi hazabaho kugabanyirizwa imisoro ingana na 50% ku nzu ziciriritse.
Abatuye mu tujagari muri Kigali, baba ba kavukire ndetse n’abimukira bavuga ko babiterwa no kubura amahitamo ko ’’Nta wanga gutura aheza ahubwo ahabura, bitewe n’ubushobozi bucye bagahitamo ahantu hahendutse.‘‘
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umujyi wa Kigali mu mwaka wa 2012 bunagaragara muri raporo ya Banki y’Isi ku miturire, abatuye umujyi wa Kigali kuri ubu babarirwa munsi ya miliyoni 1.5 ngo bazaba bikubye hafi gatatu bagere kuri miliyoni 3.8 mu 2040.
Ni mugihe raporo iherutse gusohorwa na Banki y’Isi yerekana ko Leta z’ibihugu by’Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara zugarijwe bikomeye n’ikibazo cy’imiturire mu kajagari mu mijyi irimo na Kigali.
Mu nama zitangwa na Banki y’Isi kuri Afurika yugarijwe n’iki kibazo harimo korohereza abaturage kugera ku nguzanyo z’igihe kirekire, kubaha igihe bakavugurura inzu zubatse mu buryo butemewe ndetse no kunoza imigurishirize n’imicungire y’ubutaka.



















TANGA IGITEKEREZO