Ibi byatangajwe ubwo abakozi, abakiliya, n’abafatanyabikorwa b’iyi hoteli bari mu birori byo kwizihiza umunsi w’Ubwigenge ndetse no Kwibohora byabaye ku wa 30 Kamena 2025.
Muri iki gihe Leta yatanze ikiruhuko cy’iminsi igera kuri ine, muri Kigali Marriott Hotel serivisi zijyanye na restaurant ndetse na Spa zagabanyijweho 10%.
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Kigali Marriott Hotel, Giftie Alex Ilani, yavuze ko bateguye ibi birori mu rwego rwo kwifatanya n’abakozi babo kwizihiza umunsi w’Ubwigenge no Kwibohora, ndetse no kongera kwibukiranya inshingano zabo nk’abakozi cyane ko harimo n’abakozi bashya.
Akomeza avuga ibi birori kandi byari ibyo gutangira iki cyumweru bibutsa abakiliya babo serivisi zabo ndetse n’udushya babazaniye tuzabafasha muri ibi biruhuko.
Yagize ati “Aya ni amahirwe yo guhura n’abashyitsi bacu, abakiliya bacu, tukizihizanya uyu munsi wo Kwibohora twishimira ibyagezweho, tunabereka udushya tubafitiye muri ibi biruhuko bigiye kuza.”
Ilani akomeza avuga ko abazitabira Brunch zisanzwe zibera muri Kigali Marriott Hotel buri ku wa Gatandatu na buri ku Cyumweru bahishiwe byinshi kuko hazaba hari amafunguro mashya atari asanzwe kuri izo Brunch ndetse n’ibindi.
Ku byumba byo kuraramo, Marriott yashyizeho gahunda yise staycation, aho umukiliya azajya yishyura 200$ ku ijoro, akaba yajya koga muri piscine, agahabwa ibyo kurya bya mu gitondo by’abantu babiri, sauna na steam ndetse na gym.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!