00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kicukiro: Abarangije amashuri abanza muri Saint Joseph basabwe kutazatatira indangagaciro bahawe

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 13 July 2026 saa 05:21
Yasuwe :

Abanyeshuri 126 bo mu Ishuri ribanza rya Saint Joseph basoje amashuri abanza, basabwa gukomeza kurangwa n’indangagaciro bahawe n’iri shuri mu myaka itandatu ishize.

Ni ibirori byabaye ku wa 10 Nyakanga 2026, mu Murenge wa Niboye, Akarere ka Kicukiro iri shuri riherereyemo, byitabirwa n’abayobozi b’ishuri, abafatanyabikorwa n’ababyeyi barerera kuri iri shuri.

Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi y’Ishuri rya Saint Joseph, Irankunda Jolly, yavuze ko ubufatanye bw’ababyeyi baharerera no kugira abarimu b’inzobere biri mu bifasha abana gutsinda ku rwego rwiza.

Yagize ati “Ikintu kidufasha ni ubufatanye n’ababyeyi ku buryo usanga abana bagera mu rugo bagafashwa kugira ngo babashe gutanga umusaruro. Ikindi ni abarimu dufite, kuko tuba dushaka ko umwana atsinda bigendeye k’uko twateguye umwarimu n’ubufatanye bw’ababyeyi.”

Yagaragaje ko bakomeje gushyira imbaraga mu masomo arimo n’indimi zirimo n’Ikinyarwanda kugira ngo abana bazamuke bazi no kukivuga neza, asobanura ko izindi gahunda bafite zirimo no gushyira Igiswahili mu masomo batanga kugira ngo bafashe abana kumenya indimi zindatukanye.

Umuyobozi wa Saint Joseph, Nteziyaremye Jean Pierre, yashimiye abanyeshuri bitwaye neza, agaragaza ko bamwe baje bataramenya kuvuga neza ariko umuhate bagize watumye baba intyoza.

Ati “Tubashimiye umuhate mwagaragaje, mwaritanze kandi rwose umusaruro turawubona. Mukomereze aho n’andi mashuri mukomejemo muzakomeza mwitware neza.”

Yasabye abasoje amashuri abanza kuzaba ba Ambasaderi beza barangwa n’ubupfura, ubuhanga n’ubushishozi bijyana n’ubukiristu, ndetse asaba ababyeyi gukomeza gukurikirana abana mu biruhuko, bakomeza gushyira mu bikorwa ubufatanye bafitanye.

Nteziyaremye yanashimiye abarimu ku murava n’ubwitange bakorana akazi ndetse anashimira ababyeyi ku mikoranire myiza hagati yabo n’ubuyobozi bw’ishuri.

Umuyobozi w’ishuri yasabye ababyeyi kujyana abana mu biruhuko bya ‘summer camp’ kugira ngo bafashwe kongera ubumenyi mu mibare ndetse ko hari na ghunda yo kwigisha abana kubyina imbyino gakondo kuko ishuri ryashatse inzobere zizabigisha.

Umunyeshuri wasoje amashuri abanza, Ishimwe Byamungu Giselda, yavuze ko kuva atangiye amashuri y’inshuke, kugeza ubwo asoje abanza, yahawe ubumenyi budasize no gutozwa kubana neza n’abandi.

Ishimwe yashimiye ubuyobozi bw’ikigo bwabigizemo uruhare, ndetse agaragaza ko azakomeza kwitwara neza no kugendera ku ndangagaciro yaherewe muri iri shuri.

Uretse abanyeshuri 126 basoje amashuri abanza, hari n’abasoje amashuri y’inshuke 64 bakaba bagiye gukomereza mu mashuri abanza. Kugeza ubu, iri shuri rifite abanyeshuri 730.

Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi b'ishuri, abafatanyabikorwa n’ababyeyi barirereramo
Hari n’abana 64 barangije amashuri y’incuke, bagiye gukomereza mu mashuri abanza
Abarangije amashuri abanza muri Saint Joseph basabwe kutazatatira indangagaciro bahawe
Nteziyaremye Jean Pierre yashimiye abanyeshuri bitwaye neza
Irankunda Jolly yavuze ko ubufatanye bw’ababyeyi baharerera no kugira abarimu b’inzobere biri mu bifasha abana gutsinda neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages