Laura Georges w’imyaka 38, yakiniye amakipe atandukanye arimo Paris Saint-Germain, Olympique Lyon na Bayern Munich.
Khalilou Fadiga we yakiniye amakipe arimo Club Brugge, Auxerre, Bolton Wanderers n’andi.
Bombi bahuriye ku kuba umupira w’amaguru barawutangiye bakiri bato, bibaha kuwukunda no kuwitaho mu buryo ubwo aribwo bwose. Kubikora mu bihugu batakomokagaho byatumaga hari byinshi bibaca intege ariko bakomeza guhatana.
Fadiga yabwiye abanyeshuri ba Kepler ko bafite amahirwe yo kuba bakina umupira kandi bakagera kure bifuza, kuko ubwenge aribwo bukina umupira ku kigero cyo hejuru cyane.
Ati “Umupira w’amaguru ni umukino muri rusange ukinwa no mu mutwe ku kigero cya 90%. Ibindi byose biza byunganira ubwonko bwawe. Impamvu y’ibi ni uko umwanzuro ugiye gufata wose mu mupira usaba kuwutekerazaho byihuse kandi neza.”
Laura Georges we yavuze ko byamusabye umutima ukomeye kugira ngo akine mu Ikipe y’u Bufaransa ariwe mwirabura wenyine.
Ati “Mu mupira w’amaguru bisaba kwihangana no kugira ubushake. Ntabwo iyo nza kuba ntabasha kwihangana nari kubigeraho. Ninjye mwirabura wakinaga umupira w’amaguru ndi umukobwa mu gihe cyanjye nkinira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa.”
“Muri icyo gihe bamwe bambazaga niba mva amaraso nk’ayabo, bakambaza niba niyumva nk’umuntu rimwe na rimwe bakampamagara inkende n’andi mazina. Narihanganye kuko narinzi ko inzozi zanjye nifuza ngomba kuzigeraho.”
Aba bakinnyi bari kumwe n’abandi batanu bakanyujijeho mu mupira w’amaguru, bari mu Rwanda muri gahunda ya ‘Legends In Rwanda’ igamije gutegura Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho kizabera mu Rwanda mu mwaka wa 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!