00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KBS yatangije ishuri rihugura abashoferi n’abakanishi ku ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 25 August 2025 saa 09:38
Yasuwe :

Sosiyete y’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Kigali Bus Service (KBS) yatangije ku mugaragaro ishuri rihugura abashoferi n’abakanishi ku mikorere y’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Ni igikorwa cyatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025 ku cyicaro gikuru cya KBS giherereye i Rusororo mu karere ka Gasabo.

Ni ishuri rizajya ritangirwamo amasomo y’igihe gito aho abashoferi n’abakanishi bazajya bigishwa imikorere y’imodoka z’amashanyarazi nyuma bagahabwa akazi muri KBS, abandi bakagashakirwa mu zindi sosiyete.

Ku nshuro ya mbere batangiye guhugura abashoferi 43 n’abakanishi 25.

Umwe mu bashoferi bari guhabwa amahugurwa muri KBS Training Center, Yussuf Sebarindwi, yavuze ko izi modoka z’amashanyarazi zizabafasha koroshya akazi kuko zitagoye kuzitwara.

Ati “Imodoka z’amashanyarazi zoroshya akazi kuko kuzitwara ntibisaba imibare myinshi, ikindi aya masomo yatumaze impungenge twazigiragaho bitewe n’ubumenyi bucye twari dufite.”

Nyirabatagatifu Chantal na we wari usanzwe ari umushoferi w’imodoka nini, yavuze ko uretse kwigishwa gutwara izi imodoka z’amashanyarazi, bigishwa n’uburyo bwiza bwo kwita ku bagenzi, bityo ko bagiye kujya batanga serivisi inoze ku bo batwaye.

Umuyobozi Mukuru wa Kigali Bus Service, Charles Ngarambe, yasobanuye ko mu guhitamo abaza guhambwa amasomo y’igihe gito, bagendera ku ruhushya rwo gutwara bafite, agaragaza ko bahabwa amahugurwa ari ku rwego mpuzamahanaga ku bijyanye no gutwara no gukora imodoka z’amashanyarazi.

Ati “Twabanje guhitamo abafite uruhushya rwo gutwara rwo ku rwego rwa D1 kandi bafite byibura amashuri atatu yisumbuye kugirango bagire ubumenyi buhagije kuri izi modoka zikoresha amashanyarazi mu gihe kingana n’amezi atatu.”

Ngarambe yongeyeho ko uretse kwigisha abasanzwe batwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bafite na gahunda yo guhugura abantu ku giti cyabo mu rwego rwo kugendana n’ibigezweho kandi babungabunga ibidukikije.

Mu mwaka wa 2025, biteganyijwe ko KBS izigisha abashoferi bagera kuri 268 muri bo 43 baratangiye. Hazigishwa kandi abakanishi 45 muri abo 25 batangiye guhabwa amasomo.

KBS yatangaje ko iki gikorwa kizatwara ingengo y’imari y’angana na miliyoni 500 Frw azakoreshwa mu kugura ibikoresho no kwishyura abarimu.

Kugeza ubu sosiyete ya KBs ifite bisi nini zikoresha amashanyarazi zigera kuri 58.

KBS yatangije ku mugaragaro ishuri ry'igisha ibijyanye no gutwara no kugokora imodoka nini z'amashanyarazi
Umuyobozi Mukuru wa KBS, Charles Ngarambe, yavuze iki gikorwa kigamije guha abashoferi n'abakanishi ubumenyi bwimbitse ku modoka z'amashanyarazi
Ni ishuri riherereye i Rusororo mu karere ka Gasabo
Ku ikubitiro abakanishi 25 ni bo batangiye kwigishwa
Abashoferi bigishwa n'abarimu baturutse hirya no hino ku Isi
Abashoferi batangiye kwigishwa bagaragaje ko gutwara izi modoka bizaborohereza akazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages