Nsengiyumva wari usanzwe ari umukarani mu mujyi wa Kayonza ntiharamenyekana ababa bihishe inyuma y’urupfu rwe n’impamvu yaba yishwe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Murekezi Claude yabwiye IGIHE ko yamenye aya makuru ahamagawe n’abaturage babonye umurambo mbere.
Yagize ati “Mu gitondo saa kumi n’ebyiri, nahamagawe n’abaturage bari bahanyuze bavuga ko babonye umurambo duhita dutabara[..]. Uwishwe yari asanzwe akora akazi k’ubukarani hano mu mjyi wa Kayonza.”
Yongeyeho ati “Kugeza ubu ntabwo turamenya icyo yaba yazize, umurambo bawujyanye i Gahini kuwusuzuma, ubwo turategereje. Umurambo wari uryamye ku muhanda nta kimenyetso na kimwe kigaragaza icyo yaba yazize, wagira ngo ni abantu baje barahamurambika.”
TANGA IGITEKEREZO