00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: Abatuye muri Kabura babangamiwe no kutagira ibikorwa remezo

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 5 February 2025 saa 11:46
Yasuwe :

Abaturage bo mu Kagari ka Kabura gaherereye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, babangamiwe no kutagira ibikorwa remezo birimo umuhanda n’amashanyarazi, bagasaba ko bakurwa mu bwigunge.

Akagari ka Kabura kitaruye umuhanda munini wa kaburimbo, kugira ngo ukageremo uturutse ku muhanda bisaba gutega moto y’arenga 1500 Frw bitewe n’aho ugera. Ni ibintu abaturage bavuga ko bibahenda cyane.

Uretse umuhanda, muri aka Kagari abenshi bagorwa no kujya kwiyogoshesha cyangwa se ibindi bikorwa bikenera umuriro w’amashanyarazi, nko gucaginga telefone, ibikorwa bikenera gusudira n’ibindi byinshi kuko nta muriro uri muri aka Kagari.

Nsengiyumva Theoneste utuye mu Mudugudu wa Kabeza mu Kagari ka Kabura, yabwiye IGIHE ko kutagira ibi bikorwa remezo bibahombya ibintu byinshi bikanadindiza iterambere ryabo n’iry’abana babo biga imyuga bakabura uko bikorera.

Ati “Umuhanda n’umuriro inaha dusa n’ababyibagiwe, twagiye tubibaza abayobozi kenshi bakatubwira ngo ni umwaka utaha na n’ubu. Hano haje Abadepite n’aba Minisitiri tukabatuma ariko ntibikorwe, hano Kabura turahinga tukeza kandi dufite n’ubushake bwo gufatanya n’ubuyobozi mu muganda ariko tukabona umuhanda mwiza watuma tubasha kugurisha ibyo twejeje.’’

Nsengiyumva yakomeje agira ati “Mfite abana barangije kwiga imyuga ariko nabuze uko nabashingira akantu gato ngo bikorere, kujya gukoresha urugi uvuye inaha ni ukujya Kabarondo, wahagera bakagutegeka kuko kurugeza inaha biguhenda kurushaho. Urugi baruzanira 2000 Frw nyamara urukoresha hano hafi ntabwo wayatanga, rwose mutuvuganire kuko dukeneye umuriro n’umuhanda.’’

Nzabonimana Andre utuye mu Mudugudu wa Gashonyi we yavuze ko buri mwaka ubuyobozi bubizeza ibi bikorwa remezo ariko ngo bikarangira ntagikozwe. Yavuze ko muri aka gasantere hari ibintu byinshi bakenera bikaba ngombwa ko batega harimo nko kwiyogoshesha agasaba ubuyobozi kumva akababaro kabo.

Mukankuranga Providence we yagize ati “Umuhanda uratugora cyane pe, iyo imvura yaguye kuva hano kuri moto baruriza bakagira 2500 Frw urumva rero nk’umuntu ukeneye kujya kwa muganga biba bigoye cyane. Turasaba ko baduha umuhanda mwiza ndetse bakanatwegereza umuriro kuko ahandi hose barawubonye uretse twebwe.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yabwiye IGIHE ko ikibazo cy’amashanyarazi n’umuhanda mubi ujya mu Kagari ka Kabura babizi, asaba abaturage kuba bihanganye kuko ngo biri gushakirwa ibisubizo.

Yagize ati “Hari ingo ibihumbi 25 tugiye guha amashanyarazi mu Karere kacu ndetse uwo mushinga waranatangiye, uzasiga nta muturage n’umwe udafite amashanyarazi mu Karere kacu rero turabwira abaturage bose batari babona amashanyarazi ko bashonje bahishiwe.’’

Ku kibazo cy’umuhanda yavuze ko hagishakishwa ingengo y’imari kuko ngo uriya muhanda uri mu byo Akarere gatekerezaho cyane, avuga ko mu gihe ingengo y’imari yaboneka wahita ukorwa kuko nabo ngo babizi ko ari umuhanda mubi.

Akagari ka Kabura gaherereye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, gatuwe n’abaturage ibihumbi 12 batunzwe no gukorwa ubuhinzi n’ubworozi. Mu myaka yashize aka Kagari kari indiri y’abateka kanyanga, kuri ubu ikaba yarahacitse kubera ingamba zitandukanye zahafatiwe.

Umuhanda ujya mu Kagari ka Kabura warangiritse cyane
Nsengiyumva avuga ko abana be bize imyuga ariko ngo yabuze uburyo yabashingira ibyo bakora kuko nta muriro uhari
Nzabonimana Andre yavuze ko kutagira ibikorwaremezo bibahombya byinshi
Mukankuranga Providence yavuze ko iyo imvura yaguye abamotari bahita buriza ibiciro kubera umuhanda mubi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .