Abo bakozi banditse amabaruwa basezera ngo ku bw’inyungu z’akazi.
Barimo Mbasha David wari Umuyobozi w’imirimo rusange mu Karere, Kayigire Anselme wari Umuyobozi ushinzwe Imari mu Karere na Nzaramyimana Emmanuel na Sibomana Charles wari usanzwe ari umukozi ushinzwe ingengo y’imari mu Karere ka Kayonza.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yabwiye IGIHE aba bakozi uko ari batatu bose bamaze kubashyikiriza amabaruwa yo gusezera mu kazi tariki ya 3 Kamena 2025.
Ati “Bose baduhaye amabaruwa basezera, imirimo yabo iri gukorwa n’abandi bakozi mu gihe tugitegereje gushaka abandi dukurikije uko amategeko abiteganya.’’
Tariki ya 21 n’iya 26 Werurwe 2025 nibwo RIB yemereye IGIHE ko aba bakozi batatu batawe muri yombi bari kumwe na rwiyemezamirimo, aho bakekwagaho kunyereza miliyoni 67 Frw.
Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry, icyo gihe yabwiye IGIHE ko Mbasha David, Kayigire Anselme na Sibomana Charles bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta mu gihe Nzaramyimana Emmanuel we akurikiranyweho icyaha cy’ubufatanyacyaha kuri iki cyaha.
Baje kuburanishwa n’urukiko rw’ibanze rwa Kiramuruzi rutegeka ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo, bahise bajuririra mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rutegeka ko barekurwa bakajya bitaba bari hanze.
Icyaha cyo kunyereza umutungo bakurikiranyweho ugihamijwe ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi kugeza ku myaka 10 hakiyonegeraho n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’umutungo yanyereje.
Ni mu gihe ubufatanyacyaha n’icyitso muri ibyo bikorwa ahanwa n’ingingo ya 84 y’itegeko ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Ubihamijwe ahanwa nk’uwakoze icyaha.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!