00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Yafatiwe mu cyuho agurisha inka ebyiri bikekwa ko yibye

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 21 May 2026 saa 07:50
Yasuwe :

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro ufite imyaka 28 yatawe muri yombi nyuma yo gufatirwa mu cyuho agurishiriza mu isoko ryo mu Karere ka Karongi inka ebyiri bikekwa ko yibye.

Uyu mugabo bivugwa ko yari afite ikibazo cy’amadeni yafatiwe mu isoko ryo mu Mudugudu wa Nyagahinga, Akagari ka Bubazi, Umurenge wa Rubengera w’Akarere ka Karongi ku wa 20 Gicurasi 2026.

Ni nyuma y’aho Macumu Daniel wo Umurenge wa Mukura, Akagari ka Kageyo, Umudugudu wa Nkonsa ari naho ukekwaho atuye, yabyutse agasanga inka ye y’ikibamba n’ikimasa icukije zitari mu kiraro, agahita abimenyesha abaturanyi n’ubuyobozi bakamufasha gushakisha.

Mu gukurikirana izo nka bamwe bagiye gushakira mu isoko ry’amatungo rya Rambura, abandi bajya gushakira mu isoko ry’amatungo rya Kanyiramugozi mu Karere ka Karongi.

Abagiye gushakira mu isoko ryo ku Kanyiramugozi bahasanze umugabo ufite inka ari kugurisha amafaranga make bagereranyije n’agaciro kazoo, barebye babona zihuje ibimenyetso n’izibwe bahita bamufata bahamagara nyirazo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Ayabagabo Faustin yashimye abaturage batangiye amakuru ku gihe bigatuma izi nka ziboneka, asaba abaturage gukura amaboko mu mifuka bagakora aho gutekereza kwigabiza iby’abandi.

Ati "Turasaba ko ubwo bufatanye bwo gutanga amakuru bwakomeza, kugira ngo tubashe gukemura ibibazo nk’ibi, hagire ibigaruzwa tunasaba n’abafite ingeso nk’izi kubireka bagakura amaboko mu mifuka bagakora".

Macumu Daniel nyuma yo gusubizwa inka ze zari zibwe, yashimye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage n’inzego z’umutekano avuga ko iki kibazo bakigize icyabo bakamufasha kugeza inka ze zifashe akazisubizwa.

Ukekwa afungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha yo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi.

Uyu mugabo yafatiwe mu cyuho agurisha inka ebyiri bikekwa ko yibye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages