00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Umwana w’imyaka itandatu yarohamye mu mugezi agiye kuvoma arapfa

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 19 August 2026 saa 09:46
Yasuwe :

Umwana wari ufite imyaka itandatu y’amavuko yarohamye mu Mugezi wa Rwamakoma ubwo yari ajyanye n’abandi kuvoma.

Byabereye mu Mudugudu wa Rwungo, Akagari ka Rwungo Umurenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi ku wa 18 Kanama 2026.

Saa saba z’amanywa ni bwo uyu mwana yafashe ikivomesho akurikira abari bagiye kuvoma amazi yo kubakisha inzu ababyeyi be bubakaga agezeyo agwamo ahita apfa.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugabano, Kuzabaganwa Vedaste yabwiye IGIHE ko amakuru y’uko byagenze yatangajwe n’umwana w’imyaka itanu bari bajyanye kuvoma wasubiye mu rugo atabaza, abaturage bagera kuri uyu mugezi bagasanga uwarohamye yamaze gushiramo umwuka.

Ati “Umwana yahise akurwa aho yarohamye ubu ari mu rugo. Ubutumwa dutanga ni uguhoza ijisho kubana babo babarinda abana ikintu cyose cyateza impanuka”.

Gitifu Kuzabaganwa avuga ko agace iyi mpanuka yabereyemo nta kibazo cy’amazi meza gihari kuko hari amavomo rusange ahubwo impamvu aba baturage bavomaga umugezi wa Rwamakoma ari uko bashakaga ayo kubakisha.

Mu karere ka Karongi umwana w'imyaka 6 yarohamye mu mugezi agiye kuvoma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages