00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Imibiri 25 bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside yabonetse ahari gukorwa inzira y’amazi

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 22 May 2026 saa 07:07
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwatangaje ko ahari gukorwa inzira z’amazi ku muhanda uhuza Umujyi wa Karongi n’Inkambi ya Kiziba, habonetse imibiri bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyo mibiri yabonetse mu busitani buri mu mujyi wa Karongi, mu Kagari ka Kibuye Umurenge wa Bwishyura ku wa 21 Gicurasi 2026.

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Karongi, akaba na Perezida w’Inama Njyanama y’ako karere, Ngarambe Vedaste yabwiye IGIHE ko iyo mibiri ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside.

Ati “Yabonywe n’Abashinwa bari kubaka inzira imanura amazi ku muhanda uhuza Umujyi wa Karongi n’Inkambi ya Kiziba tumaze kubona imibiri 25. Ni icyobo cyajugunywemo Abatutsi. Igikorwa kirakomeje.”

Ibi bitangajwe nyuma y’aho ku wa 18 Mata 2026, mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Gatwaro habereye igikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro imibiri 143 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi irimo 80 yabonetse n’ubundi bitewe n’ikorwa ry’umuhanda Karongi-Kiziba.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Kayishema Clement wari perefe wa perefegitura ya Kibuye yasabye Abatutsi guhungira muri Sitade Gatwaro ababeshya ko ari uburyo bwo kubarindira umutekano nyamara ari uburyo bwo korohereza abicanyi.

Abatutsi biganjemo abakomokaga mu zari Komini Mabanza na Gitesi bahungiye muri Sitade Gatwaro, baza kugabwaho ibitero n’abicanyi bari bafite intwaro gakondo, imbunda na grenade. Abishwe bajugunywe mu byobo bitandukanye byari hafi aho birimo n’ibitaramenyekana kugeza ubu.

Ngarambe yagaye abafite amakuru y’ahari ibyobo byajugunywemo Abatutsi badatanga amakuru ngo iyo mibiri ishyingurwe mu cyubahiro, ahubwo ikaboneka ari uko hagiye kunyuzwa igikorwaremezo.

Imibiri 25 imaze kuboneka yajyanywe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Gatwaro mu gihe hagikusanywa amakuru ku myirondoro ya ba nyirayo.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gatwaro rushyinguyemo Abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi barenga 15.000.

Mu busitani bwo mu Mujyi wa Karongi habonetse imibiri 25 bikekwa ko ari iy'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages