Aba bagabo uko ari babiri bagwiriwe n’ikirombe kuwa Gatatu tariki 31 Mutarama 2024 mu Mudugudu wa Nzagwa, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi.
Umwe mu muri aba bagabo yakuwemo kuwa Gatatu atakiri muzima mugenzi we akurwamo bukeye bwaho kuwa Kane amaze muri icyo kirombe amasaha arenga 28.
Amakuru agera ku IGIHE avuga ko iyi mpanuka yabereye mu kirombe cy’amabuye y’urugalika aho umusozi waridutse ugwira uwitwa Gafurafura Claver w’imyaka 47 ari nawe wagikuwemo ari muzima na mugenzi we witwa Niyonsaba Eric w’imyaka 43 y’amavuko we waraye akurwamo yapfuye.
Meya w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvère ,yemereye IGIHE ko umuntu umwe muri babiri bari bagwiriwe n’iki kirombe yakuwemo ari muzima.
Yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda gucukura mu birombe mu buryo butemewe no kwirinda gucukura amabuye cyane cyane mu bihe by’imvura mu kwirinda ko bahasiga ubuzima.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!